• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Nyaruguru: Igitero cy’Abantu bataramenyekana cyishe abantu 2 gikomeretsa abandi 3 barimo Gitifu w’Umurenge

Umwanditsi
June 20, 2018

Mu gitero cy’abantu bataramenyekana cyagabwe mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri tariki 19 Kamena 2018 ahagana i saa sita z’ijoro, mu Murenge wa Nyabimata, Akagari ka Nyabimata ho mu Mudugudu wa Rwerere abantu 2 bishwe batatu barakomereka bari Gitifu w’uyu Murenge. Hatwitswe imodoka ya Gitifu, SACCO iraterwa isantere y’ubucuruzi ya Rumenero irasahurwa.

Mu ijoro ryakeye tariki 19 Kamena 2018 ahagana i saa sita z’ijoro, abantu bataramenyekana bitwaje intwaro bateye mu karere ka Nyaruguru, Umurenge wa Nyabimata, Akagari ka Nyabimata ho mu Mudugudu wa Rwerere bica abantu 2 banakomeretsa batatu barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge.

Amakuru y’ubu bugizi bwa nabi yemejwe na Polisi y’u Rwanda ibinyujije mu itangazo yasohoye ku rubuga rwayo, itangaza kandi ko abakomerekejwe bajyanywe ku bitaro bya Munini ngo bakurikiranwe. Cyakoze aha ku makuru agera ku intyoza.com ni uko ngo bahakuwe bakajyanwa ku bitaro bikuru bya Kaminuza y’u Rwanda bya Butare-CHUB.

Polisi, itangaza ko abateye bakica barashe abantu babiri ndetse bakanakomeretsa batatu barimo n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Uyu Murenge ngo bakoze n’ibindi bikorwa bibi birimo gutwika imodoka y’uyu Gitifu, gutera SACCO ya Nyabimata nubwo ngo ntacyo batwaye. Banateye kandi isantere y’ubucuruzi ya Rumenero bahiba ibintu bitandukanye birimo ibiribwa.

Polisi itangaza ko abateye baje baturutse mu gice cy’ishyamba rya Nyungwe mu gice cyaryo gihana imbibi n’uburundi ari nayo nzira ngo basubijemo bagenda. Inzego z’umutekano ngo zihutiye gutabara no gushakisha aba bagizi ba nabi.

Mu gihe hagishakishwa aba bagizi ba nabi, inzego z’umutekano hamwe n’abayobozi ngo bagiye kwegera abaturage hagamijwe kubaganiriza no kubahumuriza.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga