• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
20/08/25
Kamonyi-Rugalika: Itsinda ry’abakekwaho ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
20/08/25
Kamonyi-Nyarubaka: Umusore wari Papa akaba na Mama w’Abavandimwe be yishwe atewe icyuma
20/08/25
Ireme ry’Uburezi si ikintu tubyuka mu gitondo ngo tuvuge ngo twarigezeho, ni urugendo-Dr. Flora Mutezigaju/REB
20/08/25
Kamonyi-GIMI Ltd: Bishimiye ibyo bagezeho bagaragaza uruhare bafite mu iterambere ry’Umuturage

Rubavu: Polisi yafashe ibiro icumi by’urumogi n’udupfunyika 1500 twarwo

Umwanditsi
June 29, 2018

Muri gahunda ya Polisi y’u Rwanda yo kurwanya ukwishora mu  biyobyabwenge, tariki 25 Kamena 2018 yakoze imikwabu mu mirenge ya Rubavu na Gisenyi igamije gutafa abishora mu biyobyabwenge, ifata urumogi rungana n’ibiro 10 n’udupfunyika 1500 twarwo.

Ibiro icumi byafatiwe mu rugo rw’uwitwa Karekezi Samson utuye mu kagari ka Gikombe, mu murenge wa Rubavu. Uyu mugabo yahise acika akibona Polisi; inzego z’umutekano zikaba zikomeje kumushaka.

Habimana Hamdan na Sibomana Samuel ni bo bafatanywe udupfunyika 1500 twarwo; aba bombi bakaba barafatiwe mu kagari ka Kivumu, mu murenge wa Gisenyi. Polisi ikibafata yabashyikirije Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha vuba.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Innocent Gasasira yavuze ko gufatwa k’uru rumogi byaturutse ku makuru yatanzwe na bamwe mu bahatuye bamenyesheje  Polisi ko bakeka ko aba babiri n’uriya wacitse binjiza ibiyobyabwenge mu gihugu babikuye muri kimwe mu bihugu bihana imbibi n’U Rwanda.

CIP Gasasira yashimye abatanze amakuru yahaye intandaro y’ifatwa rya bariya babiri; asaba abatuye iyi Ntara muri rusange kwirinda kwishora mu biyobyabwenge; kandi bagatanga ku gihe amakuru atuma inzego zibishinzwe zikumira ibyaha muri rusange  n’icyahungabanya umutekano.

Urumogi rufatwa nk’Ikiyobyabwenge mu Rwanda nk’uko biteganyijwe n’Iteka rya Minisitiri w’Ubuzima Nº 20/35 ryo ku wa 09/6/2015 rigena ibinyobwa bitemewe n’ibindi bintu bicungwa kandi bifatwa nk’ibiyobyabwenge n’urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo.

CIP Gasasira yaburiye abishora mu biyobyabwenge agira ati,” Abashyira imbere inyungu bakura mu kubicuruza bakirengagiza ingaruka bigira ku babinywa bamenye ko inzego za Leta zahagurukiye kubarwanya. Ababyinjiza mu gihugu, ababitunda, ababicuruza, ababinywa n’ababikoresha baragirwa inama yo kubireka.”

CIP Gasasira, yerekanye ingaruka zo kubyishoramo agira ati,”Nk’uko byitwa, Ibiyobyabwenge biyobya ubwenge bw’ubinywa. Ni yo mpamvu akora ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa, gufata ku ngufu no gusambanya abana kubera ko nta bwenge na buke aba afite.”

Yavuze ko Ibiyobyabwenge bitera ubukene kuko iyo bifashwe biratwikwa cyangwa bikamenwa; kandi ko umuntu ubifatanywe afungwa; kandi agacibwa ihazabu; bityo asaba buri wese kubyirinda.

Mu rwego rwo kurwanya ukwishora mu biyobyabwenge, Polisi y’u Rwanda ifatanya z’izindi nzego gukangurira Abaturarwanda kubyirinda igaragaza ingaruka zo kubyishoramo.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5847 Posts

Politiki

4098 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1005 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga