• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Karongi: Abayobora umugoroba w’Ababyeyi bahuguwe na Polisi ku gukumira ihohoterwa rikorerwa mu muryango

Umwanditsi
July 8, 2018

Mu karere ka karongi mu murenge wa Bwishyura mu kagari ka Nyarusazi, kuri uyu wa 5 Nyakanga 2018 Polisi muri aka karere yagiranye ibiganiro n’abaturage bayobora umugoroba w’ababyeyi muri uyu murenge. Ibiganiro byari bigamije gukumira no kurwanya ihohoterwa rikorerwa mu miryango.

Ibi biganiro byatanzwe na Assistant Inspector of Police (AIP) Aimable Rutayisire, ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage muri aka karere ari kumwe na Ndagijimana Fabien umukozi w’umuryango uharanira guteza imbere ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu iterambere ry’Abanyarwanda (RWAMREC).

AIP Rutayisire, yashimiye abaturage ubufatanye badahwema kugaragariza Polisi haba mu kugisha inama, no kuyiha amakuru agamije gukumira ibyaha bitandukanye.

Yagize ati:’’Imyumvire y’abaturage igeze ku rwego rushimishije aho gukumira ibyaha bitandukanye babigize ibyabo, kugeza naho basigaye bafata umwanya bagasaba ko twabagenera amahugurwa hagamijwe kurwanya ihohoterwa rikomeje kugaragara hirya no hino mu miryango.’’

AIP Rutayisire yababwiye ko amakimbirane yo mu miryango ari ku isonga mu bitera ibyaha bitandukanye, birimo n’ubwicanyi bwa hato na hato bukunze kugaragara hagati y’abashakanye.

Aha yagize ati:’’ Hari imiryango usanga ibanye mu buryo buteye amakenga, aho usanga ihoramo imirwano ndetse n’intonganya. Ibi byose usanga bifitanye isano n’ubwicanyi bukunze kugaragara hagati y’abashakanye. Umugoroba w’ababyeyi rero ukwiye kuba inzira nziza yo gukemuriramo ibibazo byose bishobora gukurura amakimbirane mu miryango.’’

AIP Rutayisire yasoje ababwira ko Polisi y’u Rwanda yatangije gahunda yo kurwanya ibyaha izamara imyaka 5, ubwo bukangurambaga bukaba bufite insanganyamatsiko igira iti:’’ Duteze imbere amahoro n’umutekano’’

Yagize ati :’’Gahunda ya Polisi ni uguteza imbere amahoro n’umutekano aho mutuye turwanya ibyaha mu gihe cy’imyaka itanu, uruhare rwanyu rurakenewe mu gukumira no kurwanya ibyaha bitandukanye, mutangira amakuru ku gihe ahabonetse icyo aricyo cyose gishobora guhungabanya umutekano.’’

Ndagijimana yashimiye Polisi inyigisho nziza yageneye abaturage n’ubuyobozi bw’inzego zibanze, hagamijwe kongerera abaturage ubumenyi mu gukumira ihohoterwa rikorerwa mu muryango binyuze mu mugoroba w’ababyeyi.

Uyu muyobozi yasoje asaba abaturage kurushaho gusobanukirwa uburenganzira bwabo kandi bakihutira kumenyesha inzego z’ibanze amakuru ku miryango ibanye nabi, ibibazo byayo bigakemuka amazi atararenga inkombe.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga