• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Kamonyi: Umurambo w’umuntu watoraguwe mu ishyamba ry’umuturage

Umwanditsi
September 12, 2018

Umurambo w’umuntu utaramenyekana watoraguwe mu ishyamba ry’umuturage kuri uyu wa kabiri tariki 11 Nzeli 2018 mu ishyamba ry’umuturage I Kabagesera ho mu Murenge wa Runda.

Mu masaha ya saa tanu n’igice (11h30) z’amanywa yo kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Nzeli 2018 nibwo hamenyekanye amakuru ko hari umurambo w’umuntu mu ishyamba ry’uwitwa Sadi riherereye mu Mudugudu wa Bwirabo, Akagari ka Kabagesera, Umurenge wa Runda.

Amakuru y’uyu murambo watoraguwe muri iri shyamba yemezwa na Mwizerwa Rafiki, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Runda. Yabwiye umunyamakuru w’intyoza.com ko uyu murambo ari uw’umugabo uri mu kigero cy’imyaka hagati ya 30-40 y’amavuko.

Gitifu Mwizerwa, akomeza avuga ko yaba ubuyobozi, Abaturage ndetse n’inzego z’umutekano zirimo Polisi ndetse na RIB nk’urwego rw’Ubugenzacyaha nta wabashije kumenya imyirondoro y’uyu muntu kuko ngo nta cyangombwa na kimwe kimuranga babonye.

Umurambo watoraguwe muri iri shyamba wajyanywe mu bitaro bya Remera Rukoma ku gira ngo hasuzumwe icyaba cyateye urupfu rw’uyu muntu. Si ubwa mbere kandi muri iri shyamba hatoragurwa umurambo w’umuntu kuko Tariki 7 Kamena 2017 hari hatoraguwe undi murambo w’umuntu utaramenyekanye. Uyu kandi yari uwa kane wari uhatoraguwe mu mwaka umwe, bivuze ko mu bazwi uyu abaye uwa Gatanu mu myaka ibiri uhatoraguwe.

http://www.intyoza.com/kamonyi-runda-habonetse-umurambo-wumuntu-utaramenyekana-wishwe/

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga