• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Nyarugenge: Babiri bafashwe bakekwaho ubujura no gukoresha ibiyobyabwenge

Umwanditsi
November 2, 2018

Ku mugoroba wo kuwa 31 Ukwakira 2018 Polisi yafashe uwitwa Gatarayiha Salimu w’imyaka 35 y’amavuko na Idi Macumi w’imyaka 36 bakekwaho gucuruza urumogi n’ubujura bw’ibikoresho bafatanywe mu nzu.

Ni igikorwa cyabereye mu rugo rwa Gatarayiha ruri mu  kagari k’Agatare, Umurenge wa Nyarugenge Akarere ka Nyarugenge ahafatiwe aba bagabo bombi, bafatanwa udupfunyika 35 tw’urumogi n’impamyabumenyi 142 z’abize ku kigo cy’amashuri cya  Institut Baptiste Buberuka cyo mu karere ka Musanze zibwe mu cyumweru gishize.

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali Chief Inspector of Police CIP Emmanuel Kayigi yavuze ko amakuru yatanzwe n’abaturage ariyo yatumye aba bagabo bafatwa.

Ati “Twabwiwe ko Gatarayiha akorana n’abantu bashobora kuba banywa urumogi, tugeze iwe turaruhasanga ndetse dusanga ari mu ndiri y’ubujura afatanyamo n’uwitwa Macumi twabasanganye.”

Yakomeje agira ati “Iwe twamusanganye igikapu kirimo impamyabumenyi (diplome)z’abanyeshuri 142 bize ku kigo cy’amashuri cya Institut Baptiste Buberuka, flashe ndetse n’udutabo 2 twa banki (Cheque books) byibwe mu modoka y’umuyobozi w’icyo kigo ubwo yari mu kinamba mu cyumweru gishize.”

CIP Kayigi yavuze ko abafashwe bemeye ko bari mu itsinda ry’abantu bakora ibyaha bifitanye isano n’ibiyobyabwenge ndetse n’ubujura bityo ngo igikorwa cyo gufata abandi  kizakomezan ku bufatanye n’abaturage.

Muyumba Rugabirwa Alexis umuyobozi w’ishuri rya Institut Baptiste Buberuka yasubijwe ibikoresho yibwe ubwo yari avuye ku kigo cy’Igihugu cy’uburezi REB gufata impamyabumenyi z’abarangije ku kigo abereye umuyobozi.

Gatarayiha Sallimu na mugenzi we Macumi Idi bashyikiririjwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ngo hakorwe iperereza kubyo bakekwaho.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga