• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
08/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
08/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
08/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Rubavu: Urubyiruko rugera ku 3000 rwasabwe kwirinda ibishuko bishobora kurushora mu ngeso mbi

Umwanditsi
November 21, 2018

Kuri uyu wa 18 Ugushyingo 2018 Polisi ikorera mu karere ka Rubavu ifatanyije na Diyoseze gatolika ya Nyundo baganirije urubyiruko rugera ku 3000 ku ruhare rwabo mu kurwanya ibiyobyabwenge no kwirinda ibishuko.

Abitabiriye ibi biganiro baturutse mu turere twa Rubavu, Ngororero, Nyabihu na Rutsiro two mu Ntara y’Iburengerazuba aho baganirijwe ku myifatire mbonezabupfura birinda kwishora mu bikorwa bibi.

Chief Inspector of Police (CIP) Solange Nyiraneza ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu karere ka Rubavu yibukije uru rubyiruko ko ari rwo rufite imbaraga zo guteza imbere igihugu n’abagituye ariko bidashobora kugerwaho mu gihe hari urubyiruko rukishora mu bikorwa bibi birimo no gukoresha ibiyobyabwenge.

Yagize ati “Umusanzu mu iterambere tubakeneyeho ntiwaboneka igihe hari bagenzi banyu bakishora mu bikorwa bibi birimo gukoresha ibiyobyabwenge, gufata ku ngufu no kwica amategeko nkana. Icyo tubatumye ni ukubigisha bagahinduka kuko imibereho yabo twese iratureba.”

CIP Nyiraneza yakomeje avuga ko nk’urubyiruko bagomba gufata iyambere mu kurwanya ibyaha batanga amakuru ku gihe kandi bakitabira gahunda za leta zigamije guteza imbere abaturage.

Yagize ati “Gahunda yo kwicungira umutekano mukwiye kuyigira iyanyu, ikintu gishobora guhungabanya umutekano mukakimenya kandi mukagitangaho amakuru kugira ngo kidahugabanya ibyo twagezeho, kikaba cyanadindiza ibyo duteganya gukora.”

Umushumba wa Diyoseze ya Nyundo Musenyeri Mwumvaneza Anaclet yasabye abitabiriye ibi biganiro kurangwa n’imyifatire myiza ibereye abana b’abanyarwanda ku buryo buri wese yakwifuza kubafatiraho urugero rwiza.

Ati“Ubupfura, ubunyangamugayo n’imyitwarire iboneye nibyo bikwiye kuranga abana bakiri bato nkamwe mukabikurana, mukabiheraho mwigirira akamaro ndetse n’igihugu cyababwaye.”

Yunzemo ati “Ibishuko ni byinshi ariko mukwiye gukoresha ubumenyi mwahawe mu ishuri n’ahandi n’ubwenge mwavukanye muhitamo gukora ibyiza muzaraga abazabakomokaho.”

Abitabariye ibi biganiro bashimangiye ko batazatetereza inama bahora bahabwa n’abayobozi batandukanye kandi biyemeza gukoresha imbaraga mu gukangurira bagenzi babo bakoresha ibyobyabwenge gutandukana n’ikibi, bagahuza imbaraga zigamije kwiyubaka no kubaka u Rwanda.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga