• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Kamonyi: Umugabo w’imyaka 56 y’amavuko arakekwaho kwica akoresheje inkoni umwana w’imyaka 16 y’amavuko

Umwanditsi
November 22, 2018

Ahagana i saa tatu n’iminota 50 z’ijoro ry’uyu wa gatatu tariki 21 Ugishyingo 2018, mu Murenge wa Nyamiyaga, Akagari ka Mukinga, Umudugudu wa Mbayaya, umugabo witwa Havugiyaremye Theogene w’imyaka 56 yishe akoresheje inkoni umwana witwa Tuyishimire Jean Paul w’imyaka 16 y’amavuko.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamiyaga bwatangarije intyoza.com ko Havugiyaremye Theogene akimara gukubita inkoni mu mutwe uyu Tuyishime Jean Paul, yahise ajyanwa ku kigo nderabuzima cya Nyamiyaga, aho babonye bibarenze bakamwohereza ku bitaro bya Remera Rukoma ariko ngo agapfa bakiri mu nzira berekeza kubitaro.

Emmanuel Mbonigaba, Umunyamabanga Nshinywabikorwa w’Umurenge wa Nyamiyaga yatangarije intyoza.com kamdi ko uyu mugabo Havugiyaremye akimara gukora aya mahano yahise acika ariko ku bufatanye bw’abaturage n’ubuyobozi bakamushakisha mpaka bamubonye. Bamufatiye mu Kagari ka Kabugondo, Umurenge wa Mugina banahita bamushyikiriza urwego rw’ubugenzacyaha-RIB bukorera ku Mugina.

 

Inama y’ubuyobozi n’abaturage.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamiyaga, butangaza kandi ko intandaro y’ikubitwa ry’inkoni ryanaje kuvamo urupfu, byatewe ngo n’uko uyu mugabo yibeshye ku wamuteye ibuye maze akamwitiranya n’uyu yakubise inkoni agakurizamo gupfa.

Mu gihe umurambo wabanje gukomezanywa ku bitaro bya Remera Rukoma, ubuyobozi nabwo bwagiranye inama n’ abaturage burabahumuriza ndetse bwihanganisha umuryango wa Tuyishimire Jean Paul.

Abaturage mu nama bagiranye n’ubuyobozi, basabwe kwirinda kwihorera ndetse no kurushaho gukorana bya hafi n’inzego z’ubuyobozi hagamijwe gukumira icyo aricyo cyose cyahungabanya umutekano. Banakanguriwe kandi kujya bihutira gutanga amakuru bagamije gukumira ibyaha no gufatanya n’ubuyobozi kwicungira umutekano. Umurambo w’uwapfuye nawo wakuwe mu bitaro bya Remera Rukoma ujya gushyingurwa.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga