• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
22/08/25
Kamonyi-Rugalika: Itsinda ry’abakekwaho ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
22/08/25
Kamonyi-Nyarubaka: Umusore wari Papa akaba na Mama w’Abavandimwe be yishwe atewe icyuma
22/08/25
Ireme ry’Uburezi si ikintu tubyuka mu gitondo ngo tuvuge ngo twarigezeho, ni urugendo-Dr. Flora Mutezigaju/REB
22/08/25
Kamonyi-GIMI Ltd: Bishimiye ibyo bagezeho bagaragaza uruhare bafite mu iterambere ry’Umuturage

Kicukiro: Abakora irondo ry’umwuga 163 bakanguriwe kunoza imikorere

Umwanditsi
November 25, 2018

Abakora irondo ry’umwuga mu karere ka Kicukiro mu murenge wa Kigarama basabwe kurushaho kunoza inshingano zabo kandi bakihutira gutanga amakuru ku bintu bishobora guhungabanya umutekano.

Ibi babisabwe mumpera z’iki cyumweru ubwo Polisi ikorera mu karere ka Kicukiro yahuguraga abanyerondo b’umwuga 163 ku byerekeye kunoza akazi kabo kugira ngo barusheho kubaka icyizere mu baturage,  kurushaho gukorana n’izindi nzego kugira ngo gukumira ibyaha bigerweho.

Chief Inspector of Police (CIP) Nyirandikubwimana Selaphine ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’izindi nzego mu karere ka Kicukiro yavuze ko kugira ngo umuntu agirirwe icyizere ari uko atunganya inshigano ze kandi ku gihe.

Aha yagize ati“Kugira ngo umuturage arusheho kubagirira icyizere kandi akabiyumvamo nuko mwanoza ibyo mukora mu buryo bw’umwuga.”

Aba banyerondo bibukijwe ko gukorana n’izindi nzego byakoroshya akazi kandi bikanafasha mu guhanahana amakuru kugira ngo ikibangamiye umuturage kibashe gukemurwa vuba binyuze mu bufatanye.

CIP Nyirandikubwimana yagize ati “Gukora neza ni ugukorana n’izindi nzego n’abaturage bakababwira icyo babakeneyeho ku buryo inshingano zanyu zo kwirindira umutekano muzuzuza neza kandi aho mubona bibagoye mukitabaza izindi nzego z’umutekano.”

Ikindi bibukijwe ko amakimbirane yo mu ngo ateza umutekano muke, basabwa kujya batanga amakuru igihe bumvise intonganya mu miryango y’abaturanyi cyangwa igihe bari ku irondo kugira ngo zikemurwe zitarateza ingaruka nyinshi.

Ati “Ikibazo cy’ihohoterwa cyugarije imiryango yacu, mukibere abavugizi mugitangeho amakuru kuko kititaweho cyadusenyera imiryango, abantu bakicana, bagafungwa, abana bakaba inzererezi n’ibindi byangiza isura y’abanyarwanda.”

Abanyerondo bahuguwe biyemeje kurushaho kunoza inshingano zabo, bakorana n’izindi nzego kandi batanga amakuru ku kintu cyose gishobora guhungabanya umuteka n’iterambere ry’umuturage.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5847 Posts

Politiki

4098 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1005 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga