• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
08/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
08/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
08/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge 12 barahiriye kurangiza ikibazo cy’ubwiherero mbere ya 2018

Umwanditsi
November 28, 2018

Mu nama mpuzabikorwa y’Akarere ka Kamonyi yabereye mu cyumba cy’ishuri ryisumbuye ryitiriwe Mutagatifu Berinadeta kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2018, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge 12 barahiriye imbere ya Guverineri w’Intara y’amajyepfo ko bitarenze tariki 30 Ukuboza 2018 bazaba barangije ikibazo cy’ubwiherero 709 hirya no hino mungo zitabufite ndetse n’ubugera ku 8441 butujuje ibisabwa.

Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge 12 igize Akarere ka Kamonyi, bahagaze imbere ya Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, CG Gasana K. Emmanuel n’abandi bayobozi batandukanye barimo intumwa za rubanda bitabiriye inama, buri wese yahawe ijambo akora isezerano ryo kugeza tariki 30 Ukuboza 2018 yarangije ibibazo birebana n’ubwiherero bivugwa aho ayobora.

Mu byagaragajwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi muri iyi nama ku kibazo cy’ubwiherero, hagaragajwe ingo zigera ku 8441 zifite ubwiherero butujuje ibisabwa, hagaragazwa n’ngo 709 zitagira ubwiherero namba.

Buri mu Gitifu yahawe ijambo akavuga amazina ye, ubwiherero afite akanahiga imbere ya Guverineri n’abandi bayobozi ko mbere y’uko uyu mwaka wa 2018 urangira azaba yaburangije. Bose bahurije ku itariki 30 Ukuboza 2018.

Nubwo aba Banyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge bose bakoze iri sezerano, mu kwezi kwa kabiri k’uyu mwaka wa 2018 bari bagiranye isezerano n’uwari Guverineri w’intara y’amajyepfo, Mureshyankwano Marie Rose, bari banihaye igihe cy’iminsi igera muri 15 kuba barangije ibibazo byari ku isonga mu kubangamira abaturage birimo n’iby’ubwiherero.

Guverineri CG Gasana, ubwo yabazwaga n’intyoza.com aho ashingira icyizere kuri ibi yijejwe na ba Gitifu b’Imirenge mu gihe babisezeranije uwo yasimbuye amezi akaba akabakabab10 bitarakozwe, yagize ati” Hari ukwiyemeza kw’abayobozi b’Imirenge bahagurutse bakajya imbere y’abo bayobora, Akarere nako hari amafaranga kazashyiramo, harimo ubushake no gukoresha inzego batakoreshaga, nk’amasibo n’abandi bikorera. Ibyo byose, ubwo  bwitange no kuba natwe tuzabikurikirana, twiyemeje ko tugiye kubikora kugira ngo bizabe birangiye mu gihe cya ngombwa, kandi ibyo birashoboka.

Yaba CG Emmanuel K. Gasana, yaba abayobozi batandukanye bafashe akanya ko kugira icyo bavuga kuri iki kibazo, berekanye ko kugira ubwiherero ari inyungu za buri wese kuko ingaruka zaterwa no kutabugira zigera kuri buri wese.

Iyi nama mpuzabikorwa y’Akarere, iba kabiri mu mwaka ikitabirwa ahanini na ba Perezida ba Njyana z’Utugari n’Imirenge, ba Gitifu b’Utugari n’Imirenge, Perezida wa Njyanama y’Akarere na Nyobozi, Abakuru b’Imidugudu, Inzego z’umutekano n’abandi akarere gashobora gutumira.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga