• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
11/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
11/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
11/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Rubavu: Amakuru yatanzwe n’umumotari yafashije Polisi gufata uwatundaga urumogi

Umwanditsi
December 3, 2018

UrPolisi y’u Rwanda imaze igihe kinini ikora ubukangurambaga mu banyarwanda bugamije kurwanya no gukumira ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge. Ni muri urwo rwego kuri uyu wa Gatandatu tariki 01 Ukuboza 2018, umumotari wo mu mujyi wa Rubavu yafashije Polisi  gufata umusore witwa Kubwimana Pacifique ufite imyaka 24 y’amavuko.

Uyu musore yafatiwe mu karere ka Rubavu mu murenge wa Gisenyi, yafashwe yari agiye gutega imodoka imujyana I Kigali ari naho yari agiye kurucururiza. Urumogi yafatanywe rwari mu gipfunyika cyuzuye gipima ibiro umunani.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba Chief Inspector of Police (CIP) Innocent Gasasira avuga ko  kugira ngo uriya musore afatwe byaturutse ku makuru yatanzwe n’umumotari wari umutwaye.

Yagize ati”Uriya mumotari yari afite amakuru ko uwo musore mu bikapa bye afitemo urumogi ahita abimenye abapolisi bo mu karere ka Rubavu mu mujyi wa Gisenyi ahita afatwa.”

CIP Gasasira yaboneyeho gushimira abaturage cyane cyane abamotari ku bufatanye bakomeje kugaragaza mu gutanga amakuru agamije kurwanya no gukumira ibyaha.

Ati”:Nta wabura gushimira abaturage cyane cyane abamotari ku bufatanye bakomeje kugaragaza mu kurwanya no gukumira ibyaha byiganjemo ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’ubucuruzi bwa magendu.Biragaragaza ko ubukangurambaga dukora  burimo gutanga umusaruro.”

CIP Gasasira, yakanguriye abaturage kudacika intege kuko ingaruka z’ibiyobyabwenge nta muntu zitageraho.

Yagize ati:”Ibiyobyabwenge usibye kuba byangiza ubuzima bw’ubikoresha, ni nabyo ntandaro y’ibindi byaha byose kandi bihungabanya umutekano w’igihugu. Iyo nta mutekano rero buri muntu wese bimugiraho ingaruka.”

CIP Gasasira yaboneyeho kongera kwibutsa abantu bagifite ingeso mbi yo gukoresha no gucuruza ibiyobyabwenge kubireka kuko ku bufatanye n’abaturage inzego zose zahagurukiye kurandura ikibazo k’ibiyobyabwenge.

Yanabibukije ko kuri ubu ibihano bigenerwa umuntu wagaragayeho gukoresha ibiyobyabwenge byiyongereye.

Igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda, mu ngingo yacyo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora,uhinga, uhindura,utunda ubika,uha undi,ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n’amategeko,aba akoze icyaha.

Iyo afashwe icyaha kikamuhama, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri(20.000.000 Frw) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu(30.000.000 Frw).

Uyu Kubwimana wafatanywe urumogi, Polisi yamufashe yamushyikirije urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) kugira ngo akurikiranwe kubyo akekwaho.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga