• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Bugesera : Guceceka bise « gucira mu gacuma » bitiza umurindi ihohoterwa ryo mungo

Umwanditsi
December 23, 2018

Mu karere ka Bugesera hari abaturage bahohoterwa nabo bashakanye bagahitamo kuruca bakarumira aho kubishyira ku mugaragaro, bikaba ngo bitiza umurindi ihohoterwa rikorerwa mungo.

Uwo muco wo guceceka bo bita « gucira mu gacuma », ngo ahanini ugaragara mu ngo z’abantu bitwa ko bajijutse cyangwa biyubashye banga kwishyira ku karubanda, bagahitamo gushirira mu mutima.

Nyiramana Mariya, wo mu murenge wa Mwogo agira ati « Nonese urumva nk’ubu ntuye mu gasantere k’ubucuruzi najya kwiteza isoko ryose ngo umugabo yankubise cyangwa yantutse ? reka reka mpitamo kwimenyera ibyanjye aho kugira ngo niteze rubanda kandi banyubahaga».

Uyu mugore kandi avuga ko ibyo akorerwa nawe azi ko ari ihohoterwa ariko agahitamo kwihanganira umugabo we ibyo yita kumurwazarwaza.

Hari abagabo bavuga ko abagore bitwaza uburinganire bakabahohotera bagahitamo guceceka.

Nubwo abagore aribo ahanini bavuga ko bakorerwa bene iryo hohoterwa bagaceceka, hari n’abagabo bavuga ko aribo basigaye bahohoterwa kurusha abagore, maze bakihagararaho kuko ngo nta mugabo upfa kuvuga ko yakubiswe numugore.

Umusaza witwa Teyuru Ludoviko ufite imyaka 65 wo mu murenge wa Rweru agira ati« Ubu ikigezweho ni twebwe abagabo duhohoterwa tukanasuzugurwa n’abagore tugahitamo kuryumaho kugira ngo abari bazi ko turi abatware bataducishamo ijisho ».

Uyu musaza avuga ko we ubwe umugore we ajya amubuza amahwemo ahanini kubera kumukumira ku mitungo bafatanyije ariko agaceceka. Uretse abaturage hari n’abayobozi bemeza ko iryo hohoterwa rikorwa koko.

Hakizimana Kalisa, umukuru w’umudugudu agira ati « Natwe hari ibyo tuba tuzi cyangwa twumva ariko tugategereza ko ba nyiri ubwite baza kubyivugira tugaheba, natwe tukabyihorera ubwo ntacyo biba bibatwaye ». Avuga ko ingo ibi bikunze kuvugwamo ari iz’abantu bize cyangwa abo yita abakire.

Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Bugesera ushinzwe imibereho myiza, avuga ko incuti z’umuryango zibafasha gutahura iryo hohoterwa.

Imanishimwe Yvette, Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Bugesera ushinzwe imibereho myiza yabaturage, nawe yemeza ko iryo hohoterwa koko rihari, ariko ko kubera ingamba zafashwe hamwe n’abarirwanya bari mu midugudu bagenda bakemura amakimbirane yo mungo uko bayamenye.

Avuga ko abagabo bahohoterwa n’abagore babo hamwe n’abagore biganjemo abakuze bafatwa ku ngufu bakicecekera ari bumwe mu bwoko bw’ihohoterwa ryo mu rugo bakunda guceceka

Gusa ngo nubwo bimeze bityo,  inshuti z’umuryango zashyizweho mu midugudu zikomeje gufasha mu gutahura ahari ihohoterwa nk’iryo. Bityo ubuyobozi bugafasha imiryango rirangwamo.

Ernest Kalinganire

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga