• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
08/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
08/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
08/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Nyuma y’imyaka 42 abanyamurenge batagira Umudepite watowe, babonye umwe

Umwanditsi
January 12, 2019

Ubwoko bw’Abanyamulenge muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo, bwiganje cyane cyane muri Teritware za Uvira, Fizi na Mwenga mu ntara ya Kivu y’epfo(Sud-Kivu), mu majwi yatangajwe na Komisiyo y’amatora-CENI muri iki gihugu kuri uyu wa 12 Mutarama 2019, uwitwa Moïse Nyarugabo yatowe.

Nyuma y’uko kuri uyu wa gatandatu tariki 12 Mutarama 2019, CENI itangaje ibyavuye mu matora y’aba députés(intumwa za rubanda) bo mu rwego rw’igihugu 《Députés Nationaux 》, umunyamulenge witwa Me Moïse Nyarugabo yatowe n’abanyagihugu bose ba teritware ya Uvira biganjemo cyane Abapfurero, Abavira n’Abanyamulenge.

Bwana Moïse Nyarugabo, atowe ari umunyamulenge wa kabiri ugiye mu nteko ishingamategeko i Kinshasa nyuma y’imyaka 42. Uwambere wo muri ubu bwoko ushimwa nabenshi mu banyamurengeni Gisaro Muhoza watowe mu mwaka w’1977, imyaka ikaba yarishize ari 42 nta mushingamategeko n’umwe watowe muri ubu bwoko.

Ikinyamakuru Intyoza.com cyabajije Me Bukuru Ntwari (umunyamategeko) uri i Bukavu muri Kivu y’Epfo( Sud Kivu ) uko Abanyamulenge bakiriye iyi ntsinzi, akibwira ko ibyishimo nubwo ari byose mu banyamurenge ariko ngo ntabwo byabaye ibya Abanyamulenge gusa kuko Moïse yatowe n’abanyagihugu bose ba teritware ya Uvira.

Me Bukuru Ntwari kandi yabwiye Intyoza.com ko Moïse Nyarugabo yatorewe muri  Teritware ya Uvira aho Gisaro yatorewe, naho aba kandida ba Fizi na Mwenga bari muri aya matora ngo ntawatowe.

Umunyamategeko Moïse Nyarugabo yakunze kumvikana kenshi mu bitangazamakuru bitandukanye byo mukarere n’ibyo hirya no hino ku Isi avuga kuri Politiki ya Kongo, aho yaharaniraga uburenganzira bw’abakongomani by’umwihariko ubwoko bw’abanyamulenge akomokamo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga