• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Nyabihu: Abanyamadini bibukijwe uruhare bafite mu gukumira ihohoterwa n’amakimbirane mu muryango

Umwanditsi
February 1, 2019

Abayobozi b’amadini n’amatorero atandukanye akorera mu karere ka Nyabihu basabwe kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha by’umwihariko ihohoterwa ndetse n’amakimbirane mu muryango kuko bigira ingaruka ku mibereho myiza y’abaturage bikanahungabanya umutekano.

Ni mu biganiro byabereye mu murenge wa Mukamira kuri uyu wa 30 Mutarama 2019, bigahuza Polisi n’abayobozi b’amadini n’amatorero agera kuri 60 akorera mu karere ka Nyabihu.

Chief Inspector of Police (CIP) Theresie Mushimiyimana, ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage hagamijwe gukumira ibyaha muri aka karere yasabye abayobozi b’amadini n’amatorero atandukanye guhaguruka bakarwanya ihohoterwa rikorerwa abana b’abakobwa

Yagize ati “Hari bamwe barimo guterwa inda imburagihe bigatuma bacikiriza amashuri abandi bagashukwa n’abatekamutwe babizeza kubashakira amashuri n’akazi keza hanze y’Igihugu kandi mu byukuri bagamije kubakoresha ubucakara.’’

CIP Mushimiyimana yakomeje asaba abanyamadini guhuza iyobokamana n’inyigisho zigenerwa abagize umuryango mu rwego rwo gukumira amakimbirane kuko ari kimwe mu bikomeje guhungabanya umutekano.

Yagize ati “ Umuryango nyarwanda wugarijwe n’ikibazo cy’amakimbirane yo mungo aho usanga bigera n’aho abashakanye bicana, amadini n’amatorero akwiye kugira uruhare mu gukemura iki kibazo binyuze munyigisho zihabwa abashakanye mu gihe bitegura gushinga urugo.’’

Pasiteri Ildephonse Twagirayezu uyobora impuzamatorero mu karere ka Nyabihu yasabye abayobozi b’amatorero guharanira ko abo bayobora baba abakirisitu bo kwizerwa kandi banogeye Imana.

Yavuze ko umuturage ubereye u Rwanda kandi unogeye Imana agomba kuba afite roho nzima kandi roho nzima itabaho itari mu mubiri muzima. Yaboneyeho kwibutsa abashumba b’amadini atandukanye kugira uruhare mu kurinda abanyarwanda ibiyobyabwenge kuko ari intandaro y’ibibazo bitandukanye byugarije umuryango.

Yagize ati “Roho nzima ntishobora kuba mu mubiri uhumanye. Ni ngombwa ko inyigisho zitangirwa mu matorero tuyobora zigaruka cyane kumuryango kuko ariwo shingiro ry’itorero bityo nitugira abakirisitu beza n’Igihugu kizaba gifite abaturage bazira ibiyobyabwenge n’amakimbirane.’’

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga