• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
08/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
08/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
08/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Umuyobozi w’Akarere asobanura ate icyo umunsi w’intwari uvuze kuriwe n’abaturage ayobora

Umwanditsi
February 4, 2019

Umunsi wa tariki 1 Gashyantare ni umunsi mukuru wo kuzirikana intwari z’Igihugu, ukaba n’umunsi ngaruka mwaka. Umuyobozi w’Akarere ka kamonyi, Alice Kayitesi awubona nk’umunsi udasanzwe wo kwibuka ko hari intwari zitanze ngo Abanyakamonyi babe bari uko bari uyu munsi.

Alice Kayitesi, umuyobozi w’Akarere ka kamonyi aganira n’intyoza.com yahamije ko tariki 1 Gashyantare ari umunsi ngaruka mwaka wizihizwaho umunsi w’intwari z’igihugu, ko yaba we ubwe n’abanyakamonyi ayoboye bawubona nk’umunsi ukomeye kandi ubibutsa ko hari abanyarwanda babaye intwari zatumye bari uko bari uyu munsi.

Agira ati” Umunsi w’intwari ni umunsi ukomeye kuri twebwe kandi ufite igisobanuro, umunsi utwibutsa ko hari abanyarwanda babaye intwari kugira ngo nk’abanyarwanda batuye mu karere ka kamonyi tube turiho uko tumeze ubungubu.”

Kayitesi, akomeza avuga ko mu kwibuka izi Ntwari banarushaho gushishikarira gukomeza ibikorwa by’ubutwari byatangiwe nazo, birimo gukundisha abanyakamonyi gukunda igihugu no kugikorera, kongera ibikorwa by’ubutwari hagamijwe kugera ku cyerecyezo cyifuzwa.

Ahamya ko mu kugera ikirenge mu cy’izi Ntwari ndetse no kugera ku cyerekezo cyifuzwa hari inkingi 10 nk’intara y’amajyepfo bafashe, aho buri karere kagomba kuzifashisha mu kugeza umunyarwanda ku mibereho myiza n’iterambere ryihuse.

Muri izo nkingi 10 hari; Umurongo ngenderwaho wa Politiki y’Igihugu, Kubakira inzego ubushobozi biganisha ku kwihangira imirimo, Kwita ku mitangire myiza ya Serivise, Kwita ku mutekano, Guteza imbere ibikorwa remezo, Kuvugurura ubuhinzi n’ubworozi n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bigakorwa mu buryo bugezweho, Kwita ku bibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage, Kwita ku mikorere myiza n’abafatanyabikorwa, Kwita ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga, Guhanga udushya hagamijwe impinduka mu iterambere.

Alice Kayitesi, avuga ko izi nkingi 10 n’ubwo ari umwihariko w’intara y’amajyepfo aho buri karere kagomba kuzigira nyambere kageza umunyarwanda ku mibereho myiza n’iterambere ryihuse, ngo si umwihariko nyirizina w’Intara kuko ngo babivoma muri Politiki z’Igihugu, icyo bakoze ni ukuzifata nk’inkingi zibanze zigomba gushyirwamo imbaraga kugira ngo bihute kugera aho bifuza.

Insanganyamatsiko y’Umunsi w’intwari w’uyu mwaka wa 2019 igira iti “ Dukomeze Ubutwari mu cyerekezo Twahisemo.”

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga