• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/09/25
Kamonyi: Gahunda y’Intore mu biruhuko yarinze abana Ubuzererezi, Ihohoterwa…-Visi Meya Uwiringira
01/09/25
Kamonyi: Perezida Kagame ntabwo yahaye Umugore ijambo gusa yanarihaye Abagabo kuko ntaryo twagiraga-Visi Meya Uzziel
01/09/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye
01/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Witegereza ko umuntu akora icyaha, kumira ko kiba utanga amakuru-SP Marie Goretti Uwanyirigira

Kamonyi: Umurambo w’umuntu wakuwe mu cyobo cy’amase ya Biyogazi

Umwanditsi
March 5, 2019

Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere Tariki 4 Werurwe 2019 ahagana ku i saa kumi n’ebyiri mu Murenge wa Musambira nibwo umurambo w’umugabo witwa Nkurikiyimana Vianney w’imyaka 35 y’amavuko wasanzwe mu cyobo cy’amase ya Biyogazi-Biogaz yamaze gukoreshwa.

Iki cyobo cyasanzwemo nyakwigendera Nkurikiyimana ni icy’uwitwa Kangwije Anne Marie, utuye mu Mudugudu wa Gacaca ho mu Kagari ka Cyambwe. Uyu ni n’umuturanyi wa Nyakwigendera kuko hagati yabo hacamo urugo rumwe nkuko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musambira yabitangarije intyoza.com ku murongo wa terefone.

Yagize ati” Ejo saa kumi n’ebyiri za mugitondo nibwo bampamagaye bamwira ko babonyeumuntu wapfuye inyuma y’urugo rw’umuntu mu kigega cya Biyogazi. Twahise tujyayo na Polisi, RIB na DASSO, dusanga yaguyemo bigaragara ko yabanjemo umutwe. Dufatanije n’abaturage twamukuyemo baramwoza ariko nyine yari yarangije gupfa.”

Mpozenzi Providence, Gitifu w’Umurenge wa Musambira akomeza avuga ko uyu Nyakwigendera asanzwe azwi nka Mucoma ku cyocyezo kiri ku isoko rya Musambira. Avuga kandi ko ku makuru yahawe n’abaturage ari uko ngo yari amaze iminsi arwaye ariko indwara itaramenyekana ku buryo ngo no ku mugoroba wa mbere y’urupfu yagiye aho akorera( ku cyocyezo) bakanga ko akora ngo ntabwo bakoresha umurwayi.

Gitifu Mpozenzi, avuga ko iby’uru rupfu rwa Nkurikiyimana byababereye urujijo. Gusa ngo hari undi watanze amakuru y’uko ngo hari umuntu yabanje kujya kwishyuza amafaranga yari amufitiye avuga ko ngo ashaka kujya kwa muganga.

Nyuma yo gukura nyakwigendera mu mwobo w’amase ya Biyogazi bakamwoza, bahise bamujyana ku bitaro bya Remera-Rukoma gukorerwa isuzuma, nyuma bamukurayo arashyingurwa.

Uretse uyu nyakwigendera, ubwo twandikaga iyi nkuru hari andi makuru agera ku intyoza.com ava mu Murenge wa Kayenzi ndetse yemezwa na Gitifu w’uyu Murenge, Mandera innocent ko hari umuturage wiyahuye kuri iki cyumweru tariki 3 Werurwe 2019 ndetse bikaba binavugwa ko uyu  munsi, nyuma gusa y’iminsi 2 hari undi wiyahuye, ubuyobozi bw’Umurenge bukavuga ko bugishakisha amakuru nubwo bwabimenye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5853 Posts

Politiki

4104 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

82 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga