• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
31/05/25
Kamonyi-Kwibuka 31: Umuntu arema undi amuhaye urugero-Dr Jaribu Théogène
31/05/25
Kamonyi: Perezida wa Njyanama y’Akarere yasabye Abajyanama kwibuka ko bafitanye Igihango n’Abaturage
31/05/25
Kamonyi-Rukoma: Imirambo y’abantu 2 yabonywe mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro
31/05/25
Kamonyi-Rukoma: Umurambo w’umugabo wasanzwe umanitse mu kiraro cy’ingurube
31/05/25
Kamonyi-Kwibuka 31: Umuntu arema undi amuhaye urugero-Dr Jaribu Théogène
31/05/25
Kamonyi: Perezida wa Njyanama y’Akarere yasabye Abajyanama kwibuka ko bafitanye Igihango n’Abaturage
31/05/25
Kamonyi-Rukoma: Imirambo y’abantu 2 yabonywe mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro
31/05/25
Kamonyi-Rukoma: Umurambo w’umugabo wasanzwe umanitse mu kiraro cy’ingurube

Perezida Kagame yasabye ko imigabane Leta ifite muri CIMERWA ivanwamo vuba na bwangu

Umwanditsi
March 9, 2019

Guhenda kwa Ciment n’igihombo uruganda rwa CIMERWA rugira kigahora kijya kuri Leta nyamara abandi bunguka, CIMERWA ikibwira ko Leta hari icyo yayifasha mu guhagarika Ciment ziva hanze kuko ifitemo imigabane, bitumye none tariki 9 Werurwe 2019 Perezida Kagame ubwo yari mu mwiherero wa 16 w’abayobozi asaba ko vuba na bwangu imigabane yose Leta irufitemo ikurwamo.

Perezida Paul Kagame ubwo yaganiraga n’abayobozi batandukanye bari mu mwiherero wa 16 w’abayobozi uri kubera mu kigo cya gisirikare i Gabiro, yasabye ko vuba na bwangu imigabane Leta ifite mu ruganda rwa CIMERWA igomba gukurwamo rugasigara mu maboko y’abikorera bitewe n’igihombo ruhora ruteza leta kandi abandi bunguka.

Gusaba ko iyi migabane ikurwa muri uru ruganda, ahanini ngo ni ukubera igihombo ruteza leta nyamara abandi bunguka. Kubera ko Leta ifitemo imigabane, uruganda ngo rwibwira ko hari icyo yarufasha nko kuba yahagarika Ciment ziva hanze kugira ngo rucuruze, ibi Perezida Kagame yavuze ko bidashoboka.

Hejuru yo kugira igihombo kigera no kuri leta kuko ifitemo imigabane, Perezida Kagame yanavuze ko atiyumvisha uburyo na Ciment ikorwa n’uru ruganda ihenda mu gihe ije ivuye hanze nka Uganda na Tanzaniya igura make. Yasabye inzego zose bireba ko imigabane ya Leta ikurwamo.

Yaba Minisitiri w’intebe Dr Ngirente, yaba na Minisitiri Soraya ufite ubucuruzi n’inganda mu nshingano, bijeje Perezida Kagame ko mu gihe kitarenze ukwezi kumwe ni ukuvuga mu ntangiriro y’ukwezi kwa kane bazashyira imigabane ya Leta y’u Rwanda ku isoko bityo uruganda rugaharirwa abikorera gusa aho kugira ngo Leta ibe ariyo ihora mu gihombo.

Perezida Paul Kagame, yanasabye kandi ko ibyo gukura imigabane ya Leta mu bigo bigaragara nk’ibiyihombya bidakwiye kugarukira kuri CIMERWA gusa, ko ahubwo no mu bindi bigo Leta ifitemo imigabane bikaba ntacyo biyimariye uretse igihombo iyo migabane ivanwa yo.

Uruganda rwa CIMERWA, ruherereye mu Bugarama mu karere ka Rusizi, rukaba ruri mu maboko ya Sosiyeti y’abanyafurika y’epfo. Leta y’u Rwanda kimwe na bimwe mu bigo byayo nka RSSB bifitemo imigabane 49% ariyo igomba gukurwamo byihuse.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5805 Posts

Politiki

4056 Posts

Ubuhinzi

146 Posts

Ubukungu

994 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga