• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Depite Kanyamashuri yeguye kuri uyu mwanya nyuma y’amezi atandatu yinjiye mu nteko ishinga amategeko

Umwanditsi
March 13, 2019

Amb. Kanyamashuri Kabeya Janvier wari umudepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda uturuka mu muryango RPF Inkotanyi, kuri uyu wa kabiri tariki 12 Werurwe 2019 yeguye ku kuba intumwa ya rubanda ku mpamvu yatangaje ko ari ize bwite.

Mu buryo bwatunguye abatari bake, ambassador Kanyamashuri wari umaze gusa amezi atandatu mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda yeguye ku kuba intumwabya rubanda mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda.

Mu ibaruwa yandikiye Perezida w’inteko ishinga amatebeko umutwe w’abadepite nk’uko Panorama dukesha aya makuru yabitangaje, Amb. Kanyamashuri yanditse avuga ko ashingiye ku ngingo y’itegeko ngenga rigena imikorere y’umutwe w’abadepite, yeguye ku mpamvu ze bwite ku mwanya w’umudepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda.

Mu ibaruwa ye yo kwegura, Amb. Depite Kanyamashuri yashimiye Perezida w’inteko ishinga amategeko y’u Rwanda umutwe w’abadepite uburyo yamuyoboye, avuga ko yize byinshi mu gihe gito bamaranye bizamufasha mu buzima bwe.

Depite Kanyamashuri yari mu nteko ishinga amategeko yaratanzwe ku rutonde rw’abadepite b’umuryango RPF-Inkotanyi. Mu nteko, yari akuriye Komisiyo ishinzwe Politiki y’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye aho yari yungirijwe na Depite Mukabikino Jeanne Henriette.

Nk’uko bigaragara ku rutonde rw’abakandida Depite batanzwe n’umuryango RPF-Inkotanyi n’indi mitwe ya Politiki bafatanyije mu matora y’intumwa za rubanda yabaye muri Nzeli 2018, mu gihe haba nta gihindutse umwanya wa Amb. Depite Kanyamashuri Kabeya Janvier wahita ufatwa na Ndoriyobijya Emmanuel umukurikira ku rutonde.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga