• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
08/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
08/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
08/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Musanze: Abamotari n’abanyonzi basabwe gukumira impanuka zo mu muhanda

Umwanditsi
March 14, 2019

Kuri uyu wa 12 Werurwe 2019, kuri stade Ubworoherane yo mu karere ka Musanze Polisi ikorera muri ako karere yakoranye inama n’abayobozi b’abamotari ndetse n’abanyonzi bakorera mu karere ka musanze ibasaba gukumira impanuka zo mu muhanda n’ibindi byaha bitandukanye.

Iyi nama yitabiriwe inayoborwa n’umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, Assistant Commissioner of Police (ACP) Jean Baptiste Ntaganira arikumwe na Procureur(umushinjacyaha) w’urukiko rukuru rwa Musanze Niyonzima Javan.

ACP Ntaganira yasabye abo bahagarariye abamotari n’abanyonzi kubahiriza amategeko y’umuhanda birinda icyateza impanuka, bagaharanira guhesha umurimo bakora agaciro.

Yagize ati:”Impanuka zo mu muhanda inyinshi ziterwa n’abamotari ndetse n’abanyozi kubwo kutubahiriza amategeko y’umuhanda, harimo gutwara banyoye, kutubahiriza inzira bagenewe n’ibindi bitandukanye.”

Yababwiye ko bagomba gukangurira bagenzi babo bahagarariye kubahiriza inzira zagenewe abanyamaguru ndetse n’andi mategeko y’umuhanda barushaho gukora kinyamwuga kuko impanuka zihitana ubuzima bw’abantu abandi zikabasigira ubumuga.

Yabibukije ko gutanga ruswa ari icyaha gihanwa n’amategeko, bityo abagira inama yo kwirinda imyitwarire iyo ariyo yose yabaganisha kuri ruswa.

Yagize ati: “Irinde Ruswa kuko nuyitanga izakugiraho ingaruka wowe ubwawe, umuryango wawe ndetse n’igihugu muri rusange.”

Yabasabye kwirinda ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge kuko bituma bakora ibindi byaha birimo ubujura, urugomo rukabije, ihohoterwa ryo mu ngo, amakimbirane mu miryango n’ibindi byaha, abakangurira gutangira amakuru ku gihe kandi vuba kubo babibonanye kugira ngo bikumirwe bitarakwirakwizwa.

Yasoje abasaba kurangwa no gukora kinyamwuga bubahiriza amategeko agenga umuhanda kugira ngo bakumire impanuka, kugira ibyangombwa n’ibikoresho byose basabwa no kwirinda kwiruka mu gihe bahagaritswe n’umupolisi mu muhanda.

Procureur Niyonzima yabwiye abo bayobozi b’abamotari n’abanyonzi kwirinda ibyaha byo gutunda no gukwirakwiza ibiyobyabwenge na magendu. Yabasobanuriye amategeko amwe na mwe abihana abasaba kujya babanza ku menya imizigo batwaye n’abo bahetse ibyo bafite kugira ngo hato badafatwa babihetse baka abafatanyacyaha bagahanwa nayo mategeko.

Yabasabye kwibumbira mu ma koperative kugira ngo barusheho kwiteza imbere no kujya bamenya amategeko abahana n’abarengera.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga