• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/11/25
Kamonyi-Karama: Polisi yataye muri yombi Abagabo 2 bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza Ibiyobyabwenge
05/11/25
Kamonyi-Kayumbu/EP Giko: Hatashywe ibyumba by’amashuri 10 bakurwa mu gisa na Nyakatsi
05/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws
05/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi

Nyabihu: Abagore 2 bafashwe bahetse inzoga za magendu nk’abahetse abana

Umwanditsi
March 17, 2019

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Nyabihu mu murenge wa Mukamira kuri uyu wa 16 Werurwe 2019, yafashe abagore babiri bahetse ibiyobyabwenge mu mugongo by’inzoga zitemewe mu Rwanda.

Abafashwe ni Maniriho Oleya w’imyaka 25 na Uwamahoro Umurisa na we  w’imyaka 25. Bakaba bafatanwe amaduzeni 540 y’inzoga za magendu zitemewe mu Rwanda ziganjemo izitwa Blu Sky.

Avuga ku ifatwa ry’aba  bagore, umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba Chief Inspector of Police ( CIP) Innocent Gasasira yavuze ko abapolisi bari mu bikorwa byabo bya buri munsi byo kugenzura abantu binjiza magendu mu gihugu n’ibiyobyabwenge, niho bahawe amakuru n’abaturage, bahita bategura ibikorwa byo kubafata.

Yagize ati ‘’Twabonye amakuru ko hari abagore babiri binjije ibiyobyabwenge by’inzoga zitemewe mu Rwanda, tubafata bahetse mu mugongo nk’abahetse abana inzoga zitemewe mu Rwanda z’amoko atandukanye. Ni  amayeri bakoresheje kuko bari babihetse wagira ngo ni umwana bahetse nk’uko baheka umwana bisazwe banatwikirijeho igitambaro.”

CIP Gasasira yakomeje avuga ko inzoga zitemewe mu Rwanda zirimo Blue Sky, Chase Waragi, Living Waragi, Host waragi, Coffee Spirit, African Gin ndetse n’izindi zengerwa mu Rwanda nizo zimaze gufatirwa mu bikorwa bya Polisi bikomeje gushyirwamo ingufu mu gihugu hose.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba yashimiye abaturage ku makuru batanze, abasaba gukomeza umuco mwiza w’ubufatanye na Polisi y’u Rwanda mu kurwanya no gukumira ibyaha.

Uturere duturiye imipaka nitwo dufatwa nk’inzira zikoreshwa n’abinjiza magendu, ibiyobyabwenge by’inzoga zitemewe mu Rwanda ndetse n’urumogi.

intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5906 Posts

Politiki

4157 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1028 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga