• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Hakenewe itangazamakuru rizana impinduka mu kurandura ihohoterwa mu muryango-Albert B. Pax Press

Umwanditsi
March 26, 2019

Albert Baudouin Twizeyimana umuhuzabikorwa w’umuryango w’abanyamakuru baharanira amahoro mu Rwanda (Pax Press) asanga itangazamakuru rikenewe mu muryango nyarwanda ari irizana impinduka mu kurandura ihohoterwa. Ibi yabitangarije abanyamakuru bari mu mahugurwa I Karongi kuri uyu wa 25 Werurwe 2019.

Umuhuzabikorwa wa Pax Press Albert Baudouin Twizeyimana, atangiza amahugurwa y’abanyamakuru ku kurandura ihohoterwa mu muryango, yasabye abanyamakuru 14 bayateraniyemo kuba abagamije kuzana impinduka mu kurandura burundu ihohoterwa mu muryango.

Ati“ Umuryango Nyarwanda ukeneye itangazamakuru rizana impinduka mu gukumira no kurandura ihohoterwa mu muryango. Harageze ngo inkuru za Nyirakanaka na naka bicanye, bakozanijeho zitangazwa mu buryo butari nko kogeza ahubwo bugamije kuzana impinduka nziza mu muryango, tukerekana ngo ukoze ihohoterwa iri n’iri ahanwa n’itegeko iri.”

Albert, asanga zimwe mu nkuru zikorwa zishobora ahubwo kuba imbarutso yo kubiba amakimbirane mu bagize umuryango, ko hakwiye kwibandwa cyane mu kwerekana ihohoterwa n’amategeko arihana igihe ryabaye.

Bamwe mu bari mu mahugurwa.

Ati” Umunyamakuru akwiye kwandika ibyo nawe yemera kandi arimo neza kuko tudakwiye guha rubanda ibyo natwe tudashoboye. Ni igihe cyo guhindura no guhinduka tukagira imikorere izana impinduka nziza mu kurandura ihohoterwa iryo ariryo ryose mu muryango nyarwanda”.

Bushayija Paul, umukozi wa NPA mu mushinga ushinzwe kurwanya ihohoterwa rikorerwa mu ngo asanga itangazamakuru rikwiye kuba koko umusemburo w’impinduka nziza, inkuru zikozwe zikaba izisiga zigize ibyiza bigera ku muryango.

Bushayija / NPA

 

Ati “ Inkuru y’umunyamakuru ikwiye kugenda aka rya jambo ry’Imana tujya twumva ngo iyo rije ntabwo rigenda ubusa. Inkuru igomba gusigira isomo ryiza umuryango mu kwiyubaka no kubaka igihugu, ni dukore ibyo twemera natwe, tubijyemo tubikunze kandi tugamije kubaka umuryango nyarwanda”.

Abanyamakuru bari muri aya mahugurwa y’iminsi itatu, bahuriza ku kugaragaza ko biteze ubumenyi buzabashoboza kurushaho gufatanya mu rugamba rwo kurandura ihohoterwa mu buryo bwose. Bahamya ko kurwanya ihohoterwa no kurirandura mu muryango ari intego ya buri munyamakuru nk’umusanzu ku muryango nyarwanda.

Aya mahugurwa ku gukumira no kurandura ihohoterwa mu muryango, yateguwe n’umuryango w’abanyamakuru baharanira amahoro-Pax Press ifatanije n’indi miryango itagengwa na Leta Itandatu irimo; COPORWA, AJPRODHO JIJUKIRWA, TUBIBE AMAHORO, RWAMREC, Rwanda Women’s Network, PROFEMMES Twese Hamwe, ku nkunga ya Norwegian People’s Aid (NPA).

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga