• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Gasabo/Nduba: Inteko y’abaturage yasubitswe kubera itangazamakuru ryayitabiriye

Umwanditsi
March 26, 2019

Inteko y’abaturage yagombaga kuba kuri uyu wa 25 Werurwe 2019 mu kagari ka Gasanze Umurenge wa Nduba, Akarere ka Gasabo yahagaritswe n’abagombaga kuyiyobora ku mpamvu zo kwanga ko itangazamakuru riyitabira.

Umwe mu bayobozi baturutse mu karere ka Gasabo ari kumwe n’umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umusigire ( uwasigariyeho Gitifu uri muri konji) mu murenge wa Nduba, bategetse ko inama y’inteko rusange y’abaturage itaba nyuma yo kubona ko hari abanyamakuru bari bitabiriye iyi nteko.

Bamwe muri aba banyamakuru intyoza.com yamenye ko bagaragaye muri iyi nteko y’abaturage bigatuma abayobozi aho kumva ibibazo by’abaturage no kubikemura bafata umwanzuro wo kuyihagarika barimo; Uwitwa Ntambara, ndahiro V. Pappy, Niyikiza Jonathan na Muhamudu.

Bamwe muri aba banyamakuru batangarije intyoza.com ko ibyababayeho ku byumva no kubyakira bigoye mu gihe byanakozwe n’abayobozi bazi neza amategeko. Bavuga ko uretse no kuba bagiye nk’abanyamakuru bashakaga inkuru ngo ni n’abanyarwanda kandi inteko rusange y’abaturage ntabwo yari yashyizwe mu muhezo.

Ibi babibonamo nk’ihohoterwa no guhonyora nkana uburenganzira n’ubwisanzure bw’itangazamakuru bikozwe n’abayobozi kugeza n’aho bafata icyemezo cyo gusibya inteko y’abaturage ngo ni uko bayitabiriye.

Rwamurangwa Steven, umuyobozi w’Akarere ka Gasabo ubwo yaganiraga n’intyoza.com ku murongo wa terefone ngendanwa ntabwo yahakanye ko isubikwa ry’iyi nteko y’abaturage ryabaye biturutse ku banyamakuru bagaragaye mu nteko y’abaturage abayobozi bakabishisha nubwo atemera ibyakozwe.

Yagize ati “ Ndimo ndashaka kubaza umukozi wagiyeyo ariko iyo ukurikiye neza, nabajije Gitifu w’aho nubwo ari muri Konji, uwamusigariyeho nakomeje ku muhamagara numva atayifata, ariko urebye hari abaturage ngira ngo bari bagiye gukemurira ikibazo noneho bagezeyo basanga umwe muri abo baturage witwa Izayi ngo ni n’umunyamategeko yahuruje abanyamakuru, bya bindi by’abantu batari tayali nyine batinye abanyamakuru ari uwo musigire wa Gitifu n’umukozi w’Akarere. Uko niko nabibonye mu isesengura”.

Akomeza ati“ Ndaje nanjye mbabaze numve uko byabagendekeye ariko iyo urebye bashobora kuba batinye abanyamakuru”. Avuga ko atabona impamvu yatuma umuyobozi atinya itangazamakuru.

Mu Karere ka gasabo ni hamwe mu turere tutajya twiburira bamwe mu bayobozi badaha agaciro itangazamakuru kuko mbere y’aba bayobozi bakoze icyo umuntu yakwita agashya bagasubika inteko y’abaturage kubera yitabiriwe n’abanyamakuru, mu bihe byashize umwe mu bagize Nyobozi mu karere yigeze kumvikana akoresha imvugo ikakaye benshi bafashe nk’igitutsi n’igitotsi ku muntu w’umuyobozi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga