• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Polisi y’u Rwanda yohereje abagera kuri 70 mu butumwa bw’Amahoro

Umwanditsi
March 17, 2016

Abapolisi b’u Rwanda 70 nibo boherejwe mu butumwa bw’Amahoro i Malakal mu gihugu cya Sudani y’epfo.

Nkuko tubikesha urubuga rwa Polisi y’u Rwanda, abapolisi 70 nibo bagize itsinda ry’abagiye mu butumwa bw’Amahoro mu gace ka Malakal ho muri Sudani y’Amajyefo.

Aba bapolisi ntabwo aribo bambere bagiye muri ubu butumwa bw’Amahoro muri iki gihugu, bagiye basangayo bagenzi babo bagera 170 basanzwe bakorera muri aka gace.

IGP Emmanuel K. Gasana, umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda mu cyumweru gishize ngo yahaye ubutumwa aba bapolisi abasaba kurangwa no gushyira hamwe kandi bagakora ibishoboka byose bagasoza ubutumwa bw’Amahoro bagiyemo neza.

Mu mpanuro bahawe n’uyu muyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, bibukijwe ndetse babwirwa ko bagomba gukora kinyamwuga ndetse bakagaragaza isura nziza y’Igihugu cyabo.

Abapolisi bagiye, mu guhagurukira ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya kanombe ntabwo bagiye bonyine kuko ngo bajyanye n’abasirikare bagiye gusimbura abasanzwe mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri iki gihugu cya Sudani y’epfo(UNMISS).

Mu kugenda, basezewe na Komanda wa Brigade ya 201, Koloneli Aloys Ngoga Kayumba, wari kumwe na Assistant Commissioner of Police (ACP) Felix Bahizi Rutagerura akaba ahagarariye ishami rya Polisi rishinzwe ubutumwa bw’amahoro.

Mbere y’uko burira indege, Col Aloys Ngoga Kayumba, yabwiye abapolisi n’abasirikare ko bagomba kubaha umuco w’igihugu bagiyemo, aho yagize ati” mugomba kurangwa n’ikinyabupfura ku rwego rwo hejuru kandi ndizera ko nimubyubahiriza muzagaruka mu gihugu cyanyu n’ishema ryinshi”.

Kugeza ubu Muri Sudani y’Epfo, habarirwaga abapolisi b’Abanyarwanda 170, ubu hakaba hiyongereyeho aba 70 bitumye igihugu cy’u Rwanda kigira abapolisi 240 mu butumwa bw’amahoro muri iki gihugu cya Sudani y’Epfo (UNMISS).

 

Intyoza.com

 

 

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga