• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Abagore bahize abagabo mu kwesa umuhigo wa Mituweli

Umwanditsi
April 4, 2019

 nama mpuzabikorwa y’Akarere ka Kamonyi yo kuri uyu wa 4 Mata 2019,  Umuyobozi w’Akarere yahagurukije ba Mudugudu, n’abakora mu Kagali bahize abandi avuga ko abagore aribo bari ku isonga mu kwesa Umuhigo wa Mituweli.

Mu bayobozi batanu b’utugari muri 59 tugize Imirenge 12 y’Akarere ka Kamonyi bashimiwe mu ruhame ko bari hejuru y’ijanisha rya 90 muri Mituweli, umwe gusa muri aba akaba ari Umugabo.

Kwesa uyu muhigo wa Mituweli kuri aba bakozi biganjemo igitsinagore byatumye  bagenzi babo bakomeza kumva ko umugore ashoboye iyo ahawe umwanya wo gukora, nabo bavuga ko bagiye gutera ikirenge mu cyabo bakesa imihigo y’Umwaka utaha wa 2019-2020.

Benshi muri basaza babo bayobora utugari n’imidugudu bagaraje ko Umuhigo wa Mituweli uri muri  60% biyemeza ko bagiye kwikosora ubutaha nti basahagurutswe mu bagawa.

Umwe ati” Ibi natwe ntabwo bidushimishije( turasebye), duhize ko umwaka utaha tutazahagurutswa tunengwa cyangwa tugawa, tugiye kubikosora”.

Mukantaganda Leonile, SEDO umaze igihe cy’imyaka 2 ayobora akagari ka Busoro mu Murenge wa Kayumbu wenyine( nta Gitifu w’Akagari) imibare kuri Mituweli yerekanye ko yashoboye kugeza ku gipimo cya 98,5% , afatanije  n, Abakuru b’ Imidugudu4.

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi  Kayitesi Alice yasabye abitabirige iyi nama mpuzabikorwa bose gushyira hamwe bagakora ijoro n’amanywa bagamije kwesa imihigo yose Akarere kashyizeho umukono imbere ya Perezida wa Repubulika  Paul Kagame, avuga ko bifuza kuza mu myanya y’imbere nkuko byahoze.

Ku rwego rw’Akarere, kwesa umuhigo wa Mutuweli ubu biri ku kigero cya 84,5%, akarere ka kabarirwa ku mwanya wa cumi mu turere 30 tugize igihugu.

Iyi nama mpuzabikorwa y’Akarere, yitabiriwe n’Abakuru b’Imidugudu bose, abahagarariye njyanama z’utugari n’Imirenge, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge yose, Inzego z’umutekano, ubuyobozi bw’Akarere n’abandi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga