• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Nyarugenge: Umugabo yafatanwe ibikoresho yifashishaga mu gukora amafaranga y’amiganano

Umwanditsi
April 6, 2019

Kuri uyu wa 05 Mata 2019, Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Kigali yafatanye Bikorimana Fulgence ibikoresho bitandukanye yifashishaga akora amafaranga y’amiganano.

Bimwe muri ibyo bikoresho uwo mugabo ukomoka mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Kivumu yafatanwe bigizwe na wino, akamashini kamufasha kuyakora, ipamba yifashisha ayahanagura n’urundi rusobe rw’imiti yifashisha ayakora.

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP) Marie Gorette Umutesi avuga ko uyu mugabo yafatiwe mu mudugudu wa Kamenge biturutse ku makuru y’umwe mubo yaramaze gutekera umutwe.

Yagize ati ” Uyu mugabo yagiye kuri umwe mu bacuruzi bacururiza muri ako gasanteri ko mu mudugudu wa Kamenge akagari ka Nyabugogo amubwira ko afite akamashini gakora amafaranga ko abishatse yajya ayamukorera akayamuzanira.”

CIP Umutesi avuga ko uyu mucuruzi akimara kumva ayo makuru yarahawe n’uwo mugabo yagize amakenga ahita yihutira kubimenyesha Polisi iramufata.

Akomeza avuga ko uyu mugabo bakimara guhabwa ayo makuru bahise bajya aho atuye hafi y’ahazwi nko kugiti k’inyoni basanga abitse ibyo bikoresho mu nzu ye afite n’inoti 1 y’amafaranga 1000frw y’amiganano ubu akaba yashyikirijwe Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri sitasiyo ya Kimisagara.

CIP Umutesi aburira abakora ibikorwa nk’ibyo binyuranyije n’amategeko kuko Polisi ifatanije n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’abaturage itazabura gutahura ababikora.

Yagize ati ” Polisi y’u Rwanda iri maso nta narimwe abanyabyaha bazagera ku mugambi wabo kuko amayeri yose akoreshwa yamaze gutahurwa. Ubwo rero ubikora abikore none ariko aziko ejo azafatwa agahanwa n’amategeko”.

Yakomeje asaba abaturarwanda muri rusange kurwanya abakora bakanakwirakwiza amafaranga y’amiganano kuko atesha agaciro ifaranga ry’igihugu kandi akanadindiza ubukungu n’iterambere.

Yasoje ashimira imikoranire myiza iri hagati y’abaturage na Polisi asaba n’undi wese wajya uhura n’ikibazo nk’icyo cyangwa n’ikindi cyose gihungabanya umutekano w’abaturarwanda ko yajya yihutira gutanga amakuru kuri Polisi.

Igitabo giteganya ibyaha n’ibihano muri rusange mu ngingo yacyo ya 269 ivuga ko umuntu wese, ku bw’uburiganya wigana, uhindura amafaranga y’ibiceri cyangwa inoti akoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, ibyakwitiranywa nayo, impapuro zifite agaciro k’amafaranga y’igihugu zashyizweho umukono n’inzego zibifitiye ububasha, ziriho tembure yayo cyangwa ikirango cyayo, cyangwa izindi mpapuro zikoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, uzana cyangwa ukwiza mu Rwanda izo mpapuro n’izo noti azi ko ziganywe cyangwa ko zahinduwe, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7); n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni zirindwi (7.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni icumi (10.000.000 FRW).

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga