• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Ibuka ihangayikishijwe n’imibiri itaboneka ngo ishyingurwe mu cyubahiro kandi iri mu Midugudu

Umwanditsi
April 15, 2019

Mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ku rwego rw’Umurenge wa Runda kuri uyu wa 15 Mata 2019, ubuyobozi bwa Ibuka mu karere bwatangaje ko kimwe mu bikibangamiye abarokotse ari ukutabona ababo bishwe kandi bari aho hose mu Midugudu.

Pacifique Murenzi, Perezida wa Ibuka mu karere ka kamonyi avuga ko kuba abarokotse batabona ababo biswe muri Jenoside yakorewe abatutsi 1994 kandi bari hirya no hino mu Midugudu ituwe bibangamiye abarokotse ndetse bikabangamira ukuba umwe nk’umurongo wa politiki ya Leta mu banyarwanda.

Ati“ Mu bintu bishobora kubangamira ubumwe n’ubwiyunge bw’abanyarwanda harimo ikintu gikomeye cy’imibiri y’abazize Jenoside ngira ngo na n’uyu munsi yaburiwe irengero kandi iri hano hirya no hino mu midugudu iwacu”.

Abaturage batandukanye bitabiriye umuhango wo kwibuka i Runda.

Murenzi, akomeza avuga ko uretse kuba abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi batabona imibiri y’ababo bishwe ngo babashyingure mu cyubahiro, ikindi cyiyongera kuri ibi mu bikomeye ngo ni ukudashyira mu bikorwa ibyemezo by’inkiko.

Yakomeje asaba ko niba abanyarwanda bose basangiye icyita rusanjye cyo kwitwa “ Abanyarwanda” byajyana no kuvugisha ukuri, ababuze ababo bakabwirwa aho bashyizwe, ndetse n’imanza zirebana n’imitungo yangijwe zikarangizwa.

Umubyeyi watanze ubuhamya bw’inzira y’umusaraba yanyujijwemo. Yajugunywe muri Nyabarongo Imana iramukiza.

Umwe mu batanze ubuhamya bw’inzira y’umusaraba yanyujijwe ajyanwa kwicwa aho yanatawe muri Nyabarongo ariko Imana ikamurinda ndetse ikamuvanamo nk’uko yabyivugiye, avuga ko kimwe mu bituma atabohoka ku mutima kimwe n’abandi ari bamwe mu basabye imbabazi bakanazihabwa ariko bakaba badashobora guhagarara mu ruhame ngo berure bavuge ibyo bakoze ndetse banagaragaze ukuri.

Alice Kayitesi yashimye muri rusange intambwe imaze guterwa mu nzira y’ubumwe n’ubwiyunge ariko kandi avuga ko inzira ikiri ndende. Yagaragaje kandi ko mu karere ayoboye hari abagifite imigambi mibi yo gukomeretsa bagenzi babo.

Kayitesi Alice/ mayor Kamonyi.

Ati “ Mukarere kacu haracyari abagitekereza nabi, haracyari abakigambirira gukomeretsa bagenzi babo mu mvugo cyangwa se no mu bikorwa bidashimishije kandi bitaduhesha isura nziza nk’Akarere”. Yakomeje asaba buri wese kurwanya yivuye inyuma ingengabitekerezo ya Jenoside uko yaba imeze kose, ahubwo agatera intambwe mu kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda.

Kwibuka abatutsi bishwe muri Jenoside mu Murenge wa Runda byabanjirijwe n’urugendo rwahereye ku biro by’umurenge wa Runda rugera kuri Nyabarongo. Aha hashyizwemo indabyo nk’ikimenyetso cyo kuzirikana no guha icyubahiro abishwe, hazirikanwa inzira y’umusaraba banyujijwemo bazanwa kuhicirwa ndetse n’abahazanywe bamaze kwicwa. Nyuma gahunda yakomereje ku kibuga cy’umupira cya Runda muri Ruyenzi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga