• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Kamonyi: Amakipe yakinnye Kagame Cup mu gihirahiro cyo kubona ibihembo byayo

Umwanditsi
April 18, 2019

Imikino y’Igikombe cyitiriwe umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame izwi ku izina rya Kagame Cup, imaze hagati y’ukwezi n’abiri irangiye ku bazahagarira Akarere ku rwego rw’Intara. Amakipe atandukanye yatsindiye guhagararira Akarere ka kamonyi yijejwe ibihembo yari agenewe akimara gutsinda ariko amaso yaheze mukirere.

Mu gihe havugwa amarushanwa y’Igikombe kitiriwe Perezida w’u Rwanda Paul Kagame ( Kagame Cup) agomba gutangira mu matariki abanza y’ukwezi kwa Gatanu 2019 abatsindiye guserukira Akarere ka kamonyi mu mikino itandukanye bahangayikishijwe no kuba ibihembo bijejwe bitabageraho. Kugeza kuri uyu wa 18 Mata 2019 ubwo twandikaga iyi nkuru nta kanunu ko kubona ibihembo kw’amakipe.

Bamwe mubaganiriye n’intyoza.com bavuga ko ubuyobozi bw’Akarere butegura iyi mikino bwabatengushye ndetse bukaba bwarabatereranye kuko uretse no kuba butarabahaye ibihembo bavunikiye ngo nta n’ubegera kandi bitwa ko biteguye guseruka.

Bavuga ko kimwe mu bibahangayikishije ndetse bananenga ari uburyo ubwitange bwabo mu gushaka ishema ry’Akarere butahawe agaciro kuko nyuma yo gutsindira kugaserukira babaye nk’abirengagizwa. Bimwa ibihembo byabo ndetse ntibanegerwa ngo bategurwe nk’abagomba guserukira Akarere, aho bagomba guhura n’andi makipe azaturuka mu tundi turere ku rwego rw’intara y’Amajyepfo.

Alice Kayitesi, umuyobozi w’AKarere ka kamonyi avuga ko nta kwirengagiza aya makipe azaserukira Akarere ayoboye kwabayeho. Avuga ko gutinda gutanga ibihembo byatewe na gahunda zisanzwe z’inzira zikoreshwa mu gusohora amafaranga ya Leta.

Ati “ Ibihembo byabo bazabihabwa vuba kuko birimo gutegurwa. Ni Procedures ( Inzira ) zisanzwe zo gusohora amafaranga ya Leta no kuba byarahuriranye n’izindi gahunda nyinshi zasabaga abakozi babikurikirana baba bazirimo ariko nta kindi”.

Kuba hari abafite amakuru ko ibihembo by’amakipe byaba byaragabanijwe ngo hagamijwe gutubura amafaranga azafasha amakipe azasohokera akarere, Kayitesi avuga ko ataribyo ngo kuko uko byateganijwe niko bizatangwa.

Aya makipe yegukanye itike yo kuzahagararira Akarere ka Kamonyi ku rwego rw’intara y’amajyepfo igizwe n’uturere 8 twose tuzaba duhagarariwe, nubwo amaso aheze mukirere ku bw’ibihembo byabo, abakinnyi bavuga ko batanafashwa mu myiteguro nk’abiteguye gusohoka. Bamwe ntibatinya no kugaragaza ko nyuma y’uko babonye batitaweho bakomeje kwirwanaho bitegura imikino ku bw’izina ryitiriwe iri rushanwa gusa.

Theogene Munyaneza / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga