• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
18/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
18/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
18/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Rubavu: Polisi iraburira abakora umwuga w’ubuvunjayi mu buryo bunyuranyije n’amategeko

Umwanditsi
April 21, 2019

Polisi y’u Rwanda iributsa abakora ubucuruzi bwo kuvunja amafaranga mu buryo bwa magendu ndetse n’ababagana ko ibyo bakora binyuranyije n’amategeko ubikora wese azagerwaho n’ingaruka zikomeye.

Ibi Polisi ibitangaje nyuma y’aho kuri uyu wa 20 Mata 2019, mu karere ka Rubavu hafatiwe Mukandayisenga Hillarie ukora ubucuruzi bwo kuvunja amafaranga mu buryo bunyuranjije n’amategeko, aho ajya gutegera abantu mu nzira akabavunjira ku giciro gihabanye n’icyagenwe na Banki nkuru y’igihugu.

Mukandayisenga yafatiwe mu Kagari ka Mbugangari, Umurenge wa Gisenye aho yafatanwe amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 100, amadolari ya Amerika 15 na Amanye-Congo 98000 FC avunjira abantu mu mihanda.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba Chief Inspector of Police (CIP) Innocent Gasasira yavuze ko ubu bucuruzi bugaragara cyane ku mipaka, agasaba ababikora kubireka kuko ngo batazihanganirwa igihe bakora ibinyuranyije n’amategeko.

Yagize ati “Usanga hari abategera mu mihanga abambuka umupaka kugira ngo babavunjira bataragera ku biro by’ivunjisha, aho usanga bica isoko biturutse ku biciro bavunjaho bikabangamira abakora uyu mwuga mu buryo bwemewe n’amategeko”.

Yavuze ko kuvunja amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko bishobora kuba intandandaro yo guhanahana amafaranga y’amiganano, asaba abavunjisha kujya bagana ibiro bibishinzwe mu rwego rwo kwirinda gutuburirwa.

Mukandayisenga Hillarie yashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri Sitasiyo ya Gisenyi kugira ngo hakorwe iperereza kubyaha akekwaho.

Ingingo ya 223 mu gitabo giteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko umuntu wese, ku buryo ubwo ari bwo bwose, ucuruza cyangwa uvunja amafaranga y’Igihugu cyangwa amafaranga y’amahanga, mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana abiri (200.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa buri ibyo bihano.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga