• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Rusizi: Bibukijwe ko bagomba kwicungira umutekano mbere yo gucunga uw’abandi

Umwanditsi
April 23, 2019

Abatwara abantu kuri moto no mu bwato bo mu karere ka Rusizi basabwe kugira uruhare mu mutekano w’aho bagenda kandi bakarushaho gukorana n’inzego zitandukanye hagamijwe kurushaho kubahiriza amategeko no gukumira icyahungabanya umutekano.

Mu nama ubuyobozi bwa Polisi mu Ntara y’Iburengeraziba bwahurijemo abamotari n’abatwara ubwato mu kiyaga cya Kivu kuri uyu wa 21 Mata 2019 bibukijwe ko umutekano ubareba kandi ko kuwugiramo uruhare bisaba kubanza kuzuza ibyangombwa bisabwa umumotari cyangwa utwara ubwato.

Commissioner of Police (CP) Rogers Rutikanga uyobora Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba yakebuye abakora umwuga wo gutwara moto n’ubwato ko kugira uruhare mu mutekano ari ukubanza ukuzuza ibyo usabwa bigufasha gukora umwuga wawe utekanye.

Yagize ati “Iyo ufite uruhushya rwo gutwara, ubwishingizi, Helmet (kasike), ijiri irinda kurohama n’ibindi bisabwa utwara moto cyangwa ubwato uba ugize uruhare mu mutekano ariko mu gihe utazaba wujuje ibisabwa nawe ubwawe ntuzaba wiha umutekano.”

By’umwihariko abatwara abagenzi mu bwato n’abakorera uburobyi mu kiyaga cya Kivu basabwe kwitwararika ku mutekano wo mu mazi cyane cyane bamenya abakoresha amazi y’ikiyaga cya kivu ndetse n’icyo baba bagamije.

CP Rutikanga ati “Mwe mukorera ingendo mu kiyaga mukwiye kujya mumenya abakoresha ariya mazi ndetse n’icyo baba bagamije kandi mugakorana bya hafi n’inzego z’umutekano zikorera mu mazi ya Kivu kugira ngo mubashe gukumira ibyaha biyakorerwamo”.

Yavuze ko kuba abaroba bakoresha amasaha ya nijoro bakwiye kujya bagenzura amazi yose, bakaba ijisho ryaho ishami rya Polisi marine ritari, bityo bakihutira gutanga amakuru y’icyo babonye giteye impungenge ku mutekano.

Ati “Usibye ibyaha birimo kwambutsa ibiyobyabwenge, magendu n’ibindi harimo n’abatekereza ko bashobora kwitwikira ijoro bakaba bateza umutekano muke banyuze inzira z’amazi, abo bose rero bakwiye gutangirwa amakuru igihe hari abo mukeka kugira ngo ibyo batekereza biburizweho bitaraba.”

Abitabiriye iyi nama babarirwa muri 500 bijeje Polisi ko bagiye kurushaho kuba abafatanyabikorwa b’inzego zishinzwe umutekano kugira ngo ibyaha bimwe na bimwe bibashe gukumirwa bitari byabwa.

Ku ruhande rw’abarobyi n’abatwara abagenzi mu bwato bashimangiye ko bagiye kurushaho kunoza uburyo bakoramo ingendo zo mu mazi, bakoresha ibikoresho bizima birimo amato, amajire y’ubwirinzi n’ibindi bisabwa kugira ngo barusheho kwicungira umutekano birinda impanuka.

Icyagiye kivugwa kirebana n’ubufatanyacyaha bukorwa hagati y’abatwara ibinyabiziga n’abagenzi cyane cyane mu gutunda no gucuruza ibiyobyabwenge, abitabiriye iyi nama biyemeje kutazigera bakingira ikibaba uzagaragaraho iyo myitwarire mibi kuko ngo ituma isura y’umwuga wo gutwara abagenzi yangirika.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga