• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

TEGEREZA WIHANGANYE – Rev./Ev. Eustache Nibintije

Umwanditsi
April 29, 2019

Umukozi w’Imana, Rev./Ev. Eustache Nibintije, Umunyeshuri wa Patriots Bible University yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika abinyujije muri Minisiteri ye y’ivugabutumwa yise “Nibintije Evangelical Ministries” asigaye adufasha mu kugabura ijambo ry’Imana nkuko Imana yamuhaye uyu muhamagaro ikamwuzuza ubwenge bwo kugirango agirire abantu benshi umumaro mu gihe gisa niki. Uyu munsi yaduteguriye inyigisho yahaye umutwe ugira uti:” TEGEREZA WIHANGANYE”.

Yobu 12:13

“ Ubwenge n’ Imbaraga bifitwe n’ Imana, igira inama no kumenya.”

Umwaka washize Manager (umuyobozi) wanjye yahuye n’ Ibigeragezo azakurwara indwara ya kanseli, mu gihe yarari kwa muganga afata imiti imufasha, yaje kwakira agakiza ahinduka umukristo kubwo gushyira ukwizera kwe k’ umwami wacu Kristo.

Ku bw’uko uyu Manager yari arwariye ku bitaro twakoragaho twese nkaba Special( umuhanga cg umunyamwuga) mu kuvanga imiti cyane cyane ya Kanseli. Iyo nageraga ku miti ye ndi kuyivanga(mixing) nabaga ndi kubwira Imana ko iyo miti ntacyo yamara yonyine hatarimo imbaraga zayo( Imana).

Bitewe n’uko ariwe wampaye akazi, nabivugaga n’ umubabaro mwinshi kandi koko byari bibabaje bitewe n’ ubwitonzi bwe n’ ubugira neza yarasanganwe n’ ubwo atari umukristo. Ubwo buri break (akaruhuko gato) na lunch time(igihe cyo kurya) niko twajyaga ku musura no ku musengera. Hashize amezi 6, Yesu amukiza iyo ndwara. Ubwo yahise agaruka ku kazi ke.

Iyo uri kumwe n’Imana, iyo uvanga imiti yo gukiza umurwayi, si wowe ukora ahubwo ni Imana iba iri muri wowe.

Ntabwo dushobora gusobanukirwa impamvu y’ Ibintu bitubaho kandi n’ Impamvu Imana Ibyemera bikadushyikaho. Ariko Imana iba ifite impamvu yemera ko bitubaho. Ibi bimeze nk’ Ibyo Yobu yahuye nabyo. Yahuye n’ ibigeragezo atiyumvisha impamvu yabyo byangiza umubiri we ndetse bitwara n’ abiwe n’ ibyiwe.

Iyo usomye igice cya 12:13 atangaza imbaraga z’ Imana , ubwenge bwayo, ubumenyi bwayo ndetse n’ inama zayo. Yobu ntabwo yahise abona ibisubizo by’ ibibazo yari afite ariko yakomeje kumva ko Imana ifite imbaraga n’ ubwenge , inama n’ ubumenyi.

Dushobora kuba tudasobanukirwa impamvu Imana yemera ibigeragezo kutugeraho mu buzima bwacu nka Manager wanjye ariko tugomba kwiringira Imana kandi tukayizera kuko Idukunda.

Petero yabivuze neza mu rwandiko rwe rwa mbere igice cya 5:7 aho agira ati” Muyikoreze amaganya yanyu yose kuko yita kuri mwe.” Ni ibihe bigeragezo urimo urwana nabyo? Ni gute biri kugufasha kurushaho kumenya Imana.

Muri kano kanya gato ndagusaba gufatanya nanjye rino sengesho rigufi, kandi ubikore wizeye:

Mana,

Mfasha ku kwizera nubwo ntabasha gusobanukirwa ibiri kumbaho i mpamvu yabyo, ndetse n’ impamvu yatumye wemera ko bimbaho. Nzi yuko ifite imbaraga nyinshi, nzi yuko ubwenge n’ ubumenyi byawe n’ inama zawe bihagije kubawe mfasha.

Ariko reka ubushake bwawe aribwo buboneka ku mibereho yanjye. Urakoze kuko umfatishije ukuboko kwawe k’ urukundo kandi gukiza.

Amen!.

Nshuti y’ Imana,  Dushaka kumva icyo utekereza uyu munsi, Wandike ubutumwa kuri Email yanjye estachenib@yahoo.com cyangwa ukandika ubutumwa bugufi kuri phone +4128718098

ikoreshwa no kuri (WhatsApp).

Ushobora no kutubwira n’ utuntu dutoya urimo kurwana natwo uyu munsi kugira ngo dufatanye nawe kudusengera.

P.s Umuryango wacu w’ Ivugabutumwa unejejwe no kuba uri hamwe nawe mu kugeza ijambo ry’ Imana ku bantu bose.

(Wibuke gusangira n’ inshuti zawe iri jambo rigufi)

Imana idutabare, Imana y’Amahoro itugirire neza, Imana y’Amahoro igendane natwe none n’iteka ryose, itwambike gukiranuka kwayo.

Iri jambo rigufi rivuye kuri;

NIBINTIJE EVANGELICAL MINISTRIES

Ubu butumwa si umwihariko wa intyoza.com, ni inyigisho zikomoka mu ijambo ry’Imana utegurirwa kandi ukagezwaho na Rev./Ev. Eustache Nibintije, umunyeshuri wa Patriots Bible University yo muri Leta zunze ubumwe za America.

Tel/Whatsapp: +14128718098

Email: eustachenib@yahoo.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga