• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
12/11/25
Amajyepfo-Turindane: Kamonyi ku isonga mu mpanuka zirimo izihitana ubuzima bw’Abantu
12/11/25
Umunyamahirwe muri FORTEBET byamusabye gusa iminota 7 kugira ngo atsindire 247,860 Frws
12/11/25
Kamonyi: Ubuyobozi bw’Akarere ku Ruhimbi rw’Itorero EPR mu cyumweru cyahariwe Umuryango
12/11/25
Kamonyi-Mugina: Imikino yabaye inzira y’Ubukangurambaga ku Isuku n’Isukura

Ituri: Aborozi bashinja abarwanyi ba FRPI kubatwara inka ibihumbi 22 mu myaka 9

Umwanditsi
June 2, 2019

Aborozi b’Inka bo mu majyepfo y’agace ka Irumu ho mu ntara ya Ituri barashinja abarwanyi b’umutwe wa FRPI( Force de Resistance Patriotique d’Ituri), kubiba ( pillé) inka zabo 22,000 mu gihe cy’imyaka icyenda ishize.

Ibi, aborozi babitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Gicurasi 2019 mu nama yateguwe n’umuryango utegamiye kuri Leta ( ONG ACIAR), mu rwego rw’umushinga wayo wiswe Pamoja kwa Amani ( Twese duharanire amahoro-Tous pour la Paix).

Intego nyamukuru y’iyi nama kwari ukuganira n’abarebwa n’ibibazo by’ubujura bw’amatungo( inka) muri aka gace, ndetse no kwigira hamwe impamvu zabwo n’ingaruka bugira ku mahoro.

Abayobozi batandukanye barimo umudepite Pascal Kakoraki wo muri iyi ntara ndetse n’uwungirije Guverineri wa Ituri, Martin Chalo Dudu nkuko Radio Okapi dukesha iyi nkuru ibivuga, bagaragaje ko babona kugira ngo umutekano n’amahoro muri iyi ntara biboneke ndetse ubukungu buhari bubyazwe umusaruro ari uko abarwanyi ba FRPI bashyira intwaro hasi, ndetse bagasubizwa mu buzima busanzwe.

Depite Pascal avuga kandi ko yizeye ko igikorwa cyo gushyira intwaro hasi kw’abarwanyi b’uyu mutwe kigomba kwihutishwa. Asaba ko kandi Leta ikwiye kwita ku busabe bw’abo muri uyu mutwe basaba kudakurikiranwaho ibyo bakoze bawurimo ndetse no guha agaciro amapeti yabo mu gihe baba bashyize intwaro hasi.

Mu gihe iyi nama yari iteranye, MONUSCO niyo yitaye ku mutekano w’aho yaberaga ndetse inatanga ubushobozi mu itegurwa ry’iyi nama.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5911 Posts

Politiki

4162 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1030 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

154 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga