• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Gishari: Hatangijwe amahugurwa agamije kurwanya ihohoterwa muri Afurika y’Iburasirazuba

Umwanditsi
June 25, 2019

Kuri uyu wa mbere tariki 24 Kamena 2019, mu ishuri rya Polisi rya Gishari rihereye mu karere ka Rwamagana hatangijwe amahugurwa y’ibyumweru bibiri yo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (Sexual and Gender Based Violence -SGBV) yitabiriwe n’abantu 26 baturutse mu bihugu 11 bya Afurika.

Aya mahugurwa ahuriwemo n’inzego za gisirikari, Polisi n’abasivile, yateguwe n’ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye (Eastern Africa Standby Force -EASF) z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, aterwa inkunga n’igihugu cya Norvege.

Abitabiriye aya mahugurwa barimo abo mu Rwanda, Comoros, Ethiopia, Kenya, Seychelles, Somalia, Sudan, Uganda n’ibindi. Ni amahugurwa agamije kurebera hamwe ibitera ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kwigira hamwe no guhanahana ubumenyi ndetse n’uburyo bakora iperereza ngo hakumirwe ihohoterwa.

Umuyobozi w’ishuri rya Polisi rya Gishari Commissioner of Police(CP) Vianney Nshimiyimana atangiza aya mahugurwa yavuze ko ari urubuga rwiza rwo kuganiriramo ibibazo bitera ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse n’ibyaha by’inzaduka hagamijwe kubahiriza amategeko.

Yagize ati “ Aya mahugurwa ni ay’agaciro ku Rwanda ndetse no ku bindi bihugu birajwe ishinga no guhangana n’ibibazo by’ihohoterwa no kubungabunga amahoro n’umutekano w’ababituye.”

CP Nshimiyimana yavuze ko aya mahugurwa ari umurongo uhamye wo kubaka iterambere n’ubushobozi bufasha ingabo za EASF mu kunoza ibikorwa n’ishingano zabo za buri munsi.

Yagize ati “Aya mahugurwa ni igisubizo cy’imbogamizi mwahuraga nazo mu gukora iperereza no gukumira ibyaha bigaragara mu bihugu byinshi mukoramo ibikorwa byo kubungabunga amahoro.”

Assistant Commissioner of Police (ACP) Dinah Kyasiimire yagaragaje ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina rigira ingaruka k’uwarikorewe, ku muryango we, ku gihugu ndetse rikadindiza n’iterambere.

Aya mahugurwa abaye ku nshuro ya mbere, azamara ibyumweru bibiri, akaba azafasha mu gukemura ibibazo by’ihohoterwa bikunze kugaragara mu bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga