• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

WABA UZI UMWANZI WAWE WUKURI?- Rev. / Ev. Eustache Nibintije

Umwanditsi
July 2, 2019

Umukozi w’Imana Rev. / Ev. Eustache Nibintije, umunyeshuri wa Patriots Bible University yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika, abinyujije muri Minisiteri ye y’ivugabutumwa yise “ Nibintije Evangelical Ministries” asigaye adufasha mu kugabura ijambo ry’Imana nkuko yamuhaye umuhamagaro ikamwuzuza ubwenge bwo kugira ngo agirire abantu benshi umumaro mu gihe gisa n’iki. Uyu munsi yaduteguriye inyigisho igira iti” Waba uzi umwanzi wawe w’ukuri?”. 

1Petero 5:8

“Mukomeze kugira ubwenge kandi mube maso kuko umurezi wanyu Satani azerera nk’ intare yivuga ashaka uwo aconshomera.”

Ubwo narimo kwibaza ku bibazo bya website yanjye yagombye kuba yaruzuye mu kwezi gushize kwa Gatanu 2019, nabazaga abo nahaye amafaranga ngo bayikore bakansubiza ko bari baziko ari website isanzwe none bakaba barasanze atariko biri ari “Professional cyane” bityo ko ngomba kongera gutegereza byibura ibindi byumweru bibiri. Byatumye ngera kure cyane harimo no kwitotomba.

Bikubitiyeho ko hari n’ ikibazo cy’ inyigisho zacu zinyura ku binyamakuru bikaba bidahagaze neza ku mpamvu ntari gusobanukirwa neza, bituma ngera kure cyane ndi kubitekerezaho. Ubwo nari ndi gutegura icyigisho cy’ uyu munsi numva muri njye haje ijwi rimbaza riti “ Waba uzi umwanzi wawe?

Nanjye muri iki gitondo cy’ uyu munsi reka nkubaze kino kibazo “ WABA UZI UMWANZI WAWE? Ntugapfushe umwanya wawe cyangwa ingufu zawe udwana n’ umwana w’ Umuntu Kuko mu buryo bwo mu buzima bwawe, ufite umwanzi umwe….Satani. Kandi ntugate igihe uri gutekereza uburyo uhangana nawe nubwo azerera ameze nk’ Intare ishaka uwo iconshomera. Menya ko ukurwanirira n’ Umwe, Ni uwanyaze umwanzi wawe imfunguzo ikuzimu akazukana n’ abera, akaba ariwe NTARE yo mu bwoko bwa Yuda, Yesu Kristo umwana w’ Imana Ishoborabyose , umucunguzi wacu n’ umwami wacu.

Satani ntabwo yahagarara imbere ya Yesu mu rugamba. Ndagira ngo ndangize nkubwira ibanga ry’ urugamba urimo, NTABWO BITEYE UBWOBA KUGIRA UMWANZI, AHUBWO IGITEYE UBWOBA NI UKUTAMUSOBANUKIRWA.

Ibanga ry’ urugamba ni ukumenya umwanzi wawe ari inde? Ibikoresho aguteranye, Inzira ari gukoresha agutera, ndetse n’ umubare w’ abadayimoni uko ungana n’ amazina yayo madayimoni.

Imana ishobora byose igufashe gusobanukirwa n’Umwanzi urwana nawe uwo ariwe, ikuzuze imbaraga zo kurwana urwo rugamba kandi iguhe kurutsinda mu izina rya YESU.

Nibintije Evangelical Ministries International (NEMI)

estachenib@yahoo.com

+14123265034 WhatsApp

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga