• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Umuhanda wa Kaburimbo, Ruyenzi, Gihara, Nkoto uratangirana n’uku kwezi kwa Nyakanga 2019

Umwanditsi
July 9, 2019

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Kayitesi Alice kuri uyu wa 09 Nyakanga 2019 mu nteko y’Abaturage yitabiriye mu Kagari ka Gihara yijeje abayitabiriye ko umuhanda wa Kaburimbo bategereje igihe utangirana n’ingengo y’imari ya 2019-2020 itangirana n’uku kwezi kwa Nyakanga.

Kayitesi Alice, umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi aganira n’abaturage b’Akagari ka Gihara, abo mu nkengero zako n’abandi bitabiriye inteko rusange y’abaturage yateraniye rwagati mu isantere y’ubucuruzi ya Gihara, yabijeje ko umuhanda wa kaburimbo bategereje igihe bawukozaho imitwe y’intoki. Ko uri mu mihigo y’Akarere ukaba ugomba gutangirana n’ingengo y’imari y’umwaka wa 2019-2020 itangira muri uku kwezi kwa Nyakanga.

Nyuma yo kubyemerera akanabihamiriza abaturage, yongeye abisubiriramo intyoza.com ati ” Uyu muhanda nibyo koko tuzatangirana n’iyi ngengo y’imari y’uyu mwaka twatangiye muri uku kwezi kwa karindwi ndetse uri no mu mihigo y’Akarere y’uyu mwaka, ariko tuzawukora mu byiciro”.

Akomeza ati ” Ni umuhanda mugari, ibirometero icumi n’igice( 10,5km) ntabwo twabikora mu mwaka umwe ngo bihite birangira ariko tuzatangira uyu mwaka. Ibijyanye n’agaciro, inyigo yakozwe bwa mbere yagaragazaga hafi Miliyari umunani(8,000,000,000Frws), turimo gukorana na RTDA ndetse na MINENFRA kugira ngo badufashe kongera gusubiramo iyo nyigo, ibyo rero nibyo turimo ariko uyu muhanda wo ugomba gutangira muri uyu mwaka tukazawukora mu byiciro”.

Mayor Kayitesi ari kumwe n’abaturage i Gihara mu nama y’inteko y’abaturage.

Mayor Kayitesi, akomeza atangaza ko mu mpera z’uyu mwaka wa 2019 abaturage b’Umurenge wa Runda n’abandi bakoresha uyu muhanda, bazaba bakandagira muri Kaburimbo nubwo ngo uzaba utararangira ariko ibikorwa byo kuwukora byo bizaba byaratangiye.

Akarere ka Kamonyi nubwo kari mu marembo y’umujyi wa Kigali waba uwusohoka cyangwa se uwinjiramo uva cyangwa werekeza mu Ntara y’Amajyepfo, nta muhanda wa Kaburimbo kagira ushamikiye ku muhanda mukuru ukanyuramo ugana Muhanga n’ibindi bice. Uyu muhanda Ruyenzi, Gihara, Nkoto uramutse ukozwe niwo waba ari uwa mbere babonye ushamikiye ku muhanda wa Kaburimbo mukuru.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga