• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/05/25
Kamonyi-Mugina: Urubyiruko rw’Abakorerabushake(Youth Volunteers) biyemeje kubakira uwarokotse Jenoside utishoboye
18/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
18/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye
18/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
18/05/25
Kamonyi-Mugina: Urubyiruko rw’Abakorerabushake(Youth Volunteers) biyemeje kubakira uwarokotse Jenoside utishoboye
18/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
18/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye
18/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira

Kamonyi: Abavuga rikumvikana basabwe kugira uruhare mu bukangurambaga bwo kurengera abana

Umwanditsi
March 30, 2016

Abavuga rikumvikana bagera ku ijana muri Kamonyi basabwe kuba umusemburo wo gutuma umwana w’urwanda arindwa ihohoterwa.

Polisi y’u Rwanda mu karere ka Kamonyi yagiranye inama n’abavuga rikumvikana bagera ku 100 bo mu kagari ka Gihinga, umurenge wa Gacurabwenge, ibasaba kuba abafatanyabikorwa mu gukangurira abo baturanye kubahiriza uburenganzira bw’abana.

Ibi babisabwe ku itariki 29 Werurwe na Inspector of Police (IP) Athanase Niyonagira, akaba  ashinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kwicungira umutekano muri aka  karere ka Kamonyi.

Yunganiwe na Umugiraneza Marthe, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gacurabwenge, IP Niyonagira yabwiye abo bavuga rikumvikana kujya basobanurira abo baturanye ko umwana afite uburenganzira bwo kubaho, kwandikishwa igihe avutse, ubwo kuvuzwa, n’uburenganzira bwo kumenya ababyeyi be.

IP Athanase, yababwiye kujya kandi babasobanurira ko abana bafite uburenganzira bwo kurindwa ivangura, kurindwa gushimutwa, kurindwa gucuruzwa, ko bafite uburenganzira bwo kugaragaza igitekerezo, kuruhuka, n’ubwo kwidagadura.

IP Athanase yagize ati:”Mujye mukangurira abo muturanye kwirinda ikintu cyose gishobora gutuma abana bava mu ishuri cyangwa icyatuma bajya ku mihanda”.

IP Niyonagira, yababwiye kujya kandi babakangurira gutanga amakuru y’ihohoterwa ryakorewe umwana kuri sitasiyo za Polisi y’u Rwanda zibegereye cyangwa  kuri nomero ya terefone itishyurwa 116.”

Yababwiye kandi kujya bagira inama ababyeyi  yo kwirinda intonganya n’amakimbirane kuko biri mu bituma abana bajya ku mihanda, aho baba mu buzima bubi, ndetse bakahakorera ibikorwa bibi nk’ubujura no kunywa ibiyobyabwenge n’ibindi bitari byiza.

IP Athanase, Yabasabye kugira uruhare  mu kurwanya ibiyobyabwenge by’ubwoko bwose,  gukangurira abo baturanye kubyirinda no gutanga amakuru y’ababinywa, ababicuruza, n’ababitunda.

IP Niyonagira yabwiye abo bavuga rikumvikana kujya na none babakangurira kwirinda ubuharike kubera ko ibibazo biterwa na bwo biri mu bitera abana  guhunga iwabo bagahitamo kujya kwibera ku mihanda.

Umugiraneza Marthe, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gacurabwenge yashimye abo bavuga rikumvikana ku ruhare rwabo mu iterambere ry’aho batuye, maze abasaba guharanira ko uburenganzira bw’umwana bwubahirijwe.

Umugiraneza kandi Yashimye Polisi y’u Rwanda muri aka karere ka Kamonyi ku nama yabagiriye, akaba yasabye aba bavuga rikumvikana kuzirikana no gukurikiza inama bagiriwe na Polisi kugira ngo umwana w’u Rwanda arindwe ihohoterwa iryo ari ryo ryose.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5799 Posts

Politiki

4050 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga