• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
16/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
16/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
16/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Padiri w’I Nyamata yanditse asaba imbabazi nyuma yo kubuza Abakirisitu gutaha ubukwe mu yandi madini

Umwanditsi
August 12, 2019

Padiri mukuru wa Paruwase Gatolika Mwamikazi w’Intumwa y’I Nyamata ho mu karere ka Bugesera ku mugoroba w’iki cyumweru Tariki 11 Kanama 2019 yanditse ibaruwa asaba imbabazi ku cyemezo yari yafashe kibuza abakirisitu bo muri Paruwase ye gutaha ubukwe mu yandi madini n’amatorero. Yakuyeho kandi icyemezo cya mbere. Ibi bije nyuma y’ijambo rya Minisitiri Shyaka Anastase wamaganye iki cyemezo avuga ko kibangamiye ubumwe bw’Abanyarwanda.

Padiri Emmanuel Nsengiyumva, mu ibaruwa ye ikuraho icyemezo yari yafatiye abakirisitu bo muri Paruwase ayobora cyo kudataha ubukwe mu yandi madini n’amatorero yanasabye imbabazi ku muntu wese iki cyemezo cyaba cyarabangamiye.

Kwandika ibaruwa ikuraho icyemezo yari yafatiye abakirisitu mbere akaba anasaba imbabazi, ntabwo byizanye kuko abikoze ku gitutu gituruka ku ijambo Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Prof. Shyaka Anastase yavuze yamagana ifatwa ry’iki cyamezo avuga ko kibangamiye Ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda.

Prof. Shyaka Anastase, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu nk’uko iyi nkuru dukesha Kigali Today ibivuga, yamaganye ibyo gusaba uruhusa kugira ngo wemererwe gutaha ubukwe bw’undi muntu. Ibi yabivuze ubwo yifatanyaga n’abakirisitu b’Itorero rya EPR mu gusoza igiterane ngarukamwaka gihuza abakirisitu b’iri torero n’abashumba mu karere ka Rwamagana.

Yagize ati“ Igihugu cyacu twiyemeje kurwanya amacakubiri ayo ariyo yose kandi dukomeye ku ihame ry’ubumwe n’ubwiyunge. Ntitwakwemera ibyo kubwira Abanyarwanda ngo ntujye kwa mugenzi wawe kuko mudahuje ukwemera. Twubahe Igihugu n’amahame remezo yacyo”.

Ibaruwa yanditswe na Padiri Emmanuel Nsengiyumva.

Minisitiri Shyaka, yasabye amadini kwirinda ikintu cyose cyakubakirwaho amacakubiri mu Banyarwanda, cyaba gishingiye ku moko, ku gitsina, ku madini cyangwa ikindi. Yasabye kandi ihuriro ry’amadini n’amatorero ko ryakora ku buryo barushaho gukorana kuva hejuru kugera hasi, kugira ngo ibyemezo bifatwa bibe biri mu nyungu za benshi himakazwa ihame ry’ubumwe bw’Abanyarwanda.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga