• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Kamonyi: Ibicanwa bikorerwa Mukunguri (Briquette) bizafasha mu kurengera Ibidukikije-V/Mayor Tuyizere

Umwanditsi
August 20, 2019

Uruganda rutunganya Umuceri rwa Mukunguri, ni narwo rutunganya ibicanwa (Briquette) biva mu bisigazwa by’umuceri. Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu avuga ko iki ari igisubizo ku bidukikije no kubahendwaga n’inkwi n’amakara.

V/Mayor Tuyizere, yabwiye intyoza.com ko ubuyobozi bw’Akarere bwatangiye ubukangurambaga buhereye mu bigo by’amashuri hagamijwe kurengera ibidukikije by’umwihariko amashyamba abantu batemaga bashakisha inkwi n’amakara. Avuga kandi ko ibi bicanwa (Briquette) bihendutse bikaba binaramba.

Avuga ku cy ubuyobozi burimo gukora, yagize ati“ Icyambere ni ubukangurambaga bwo kumvisha abantu ko ariya Makara ( Briquette) akorwa n’Uruganda rwa Mukunguri ahendutse, ari ku giciro ariko anahendutse ku kurengera ibidukikije”.

Akomeza ati“ Ubaze inkwi zikoreshwa mu bigo by’amashuri bya Kamonyi, ubaze amasiteri bakoresha buri munsi, ni amafaranga menshi ariko ni n’ibidukikije byinshi byabangamiwe”. Akomeza avuga ko icyo ubuyobozi bwakoze ari ukumvikana n’abayobozi b’ibigo aho bakoze urugendo shuri muri kimwe mu bigo by’Akarere ka Muhaga gikoresha ibi bicanwa. Avuga ko bashimye uko bikoreshwa n’igiciro bakiyemeza nabo gutangira kubikoresha.

V/Mayor Tuyizere avuga kandi ko mu gihe ibigo by’amashuri byakoresha Briquette nibura byagira uruhare mu kurengera ibidukikije ariko kandi bakanahendukirwa kurusha kuko amakara n’inkwi bibatwara amafaranga menshi ugereranije n’ayagenda kuri Briquette. Ibi kandi ngo bizanatuma abaturage nabo babigiraho bityo mu gihe gito ikoreshwa ry’inkwi n’amakara ribe amateka, ibidukikije bibungabungwe.

Abayobozi batandukanye barimo Guverineri w’Intara y’Amajyepfo CG Emmanuel K. Gasana ndetse na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase basuye uruganda rwa Mukunguri rutunganya aya Makara bashima uburyo akoze ndetse n’igiciro cyayo, bashima uko akoreshwa kuko aramba kurusha amakara, Inkwi na Gaz, basaba ko ubuyobozi bwafatanya n’uru ruganda mu gukangurira Abanyakamonyi n’Abanyarwanda muri rusange ikoreshwa ry’ibi bicanwa( Briquette).

Amakuru agera ku intyoza.com ni ay’uko benshi mu bayobozi b’ibigo by’amashuri bazi neza ko ikoreshwa ry’aya Makara koko rihendutse, ari amakara aramba ndetse bakaba barashimye babihereye mu rugendo shuri bakoze, ariko ngo ikibazo gikomereye bamwe ni uko mu nkwi n’amakara ariho bariraga kuko gutanga amasoko byari bikijije bamwe aho bafite uko babarana imibare na ba Rwiyemezamirimo bakagira ibyo bisagurira mu gihe ngo ni biba gukorana n’uruganda imibare ya bamwe n’ibyo babonaga bitazakunda.

Ni amakara cyangwa ibicanwa bikoreshwa ku mbabura zisanzwe.

Soma inkuru zifitanye isano n’iyi umenye byinshi kuri ibi bicanwa:Kamonyi: Amakara akorwa mu bisigazwa by’umuceri ni igisubizo kubidukikije no kubahendwa na Gaz

Indi nkuru: Kamonyi: Minisitiri Shyaka yijeje uruganda rukora amakara mu bisigazwa by’umuceri isoko

Soma indi nkuru hano: Minisitiri Shyaka asanga Abanyakamonyi badakwiye kuba bagikoresha inkwi n’amakara

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga