• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Abakorera mu Gakiriro ka Gisozi bongerewe Ubumenyi mu kizimya inkongi y’umuriro

Umwanditsi
August 23, 2019

Mu rwego rwo kurwanya inkongi z’umuriro zibasira abantu n’ibyabo, Polisi y’u Rwanda yakomeje ibikorwa isanzwe ikora byo kongerera ubumenyi abanyarwanda mu bijyanye no kurwanya no bakwirinda inkongi z’umuriro by’umwihariko mu bigo by’amashuri, ibitaro, amahoteli, amazu y’ubucuruzi, amabanki n’ahandi hantu hahurira abantu benshi nko mu masoko no mu dukiriro.

Kuri uyu wa 22 Kanama 2019, Polisi y’u Rwanda ibinyujije mu ishami ryayo rishinzwe kurwanya inkongi z’umuriro n’ubutabazi yahuguye abakorera mu Gakiriro ka Gisozi bibumbiye muri koperative ADARWA uko bakwirinda inkongi z’umuriro ndetse nuko bakoresha ibikoresho byifashishwa mu kuzimya umuriro mu gihe bahuye nawo.

Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya inkongi z’umuriro n’ubutabazi Assistant Commissioner of Police (ACP) Jean Baptiste Seminega yasabye abakorera ubucuruzi n’ubukorikori mu gakiriro ka Gisozi kwirinda gukoresha insinga z’amashanyarazi zitujuje ubuziranenge.

Yagize ati “Mwirinde gukoresha insinga z’amashanyarazi zitujuje ubuziranenge kuko byagiye bigarara ko zigira uruhare runini mu gutuma habaho inkongi z’umuriro za hato na hato.”

Yakomeje asaba abakorera mu gakiriro ka Gisozi kwirinda kunywera itabi mu ibarizo kuko igihe bajugunye ibisigazwa byaryo aho babonye bishobora gutera inkongi y’umuriro.

ACP Seminega yibukije abakorera muri ako gakiriro kujya bakoresha imbata z’amashanyarazi (installation) mu buryo bwiza kandi bagakoresha abakozi bazi kuzikora mu buryo butateza ibibazo.

Yongeyeho ko bazajya birinda gusudirira mu ibarizo kuko bishobora gutera inkongi y’umuriro mu buryo bwihuse, ababwira ko gukoresha imashini zifite ubushobozi bunini nabyo bigira uruhare mu guteza inkongi z’umuriro bityo ko bajya bubahiriza ko imashi n’insinga zakoreshejwe binganya ubushobozi n’aho barahurira umuriro w’amashanyarazi.

Twagirayezu Thadee, umuyobozi wungirije wa Koperative ADARWA yashimiye Polisi y’u Rwanda ku mahugurwa yabahaye avuga ko byabongereye ubumenyi mu guhangana n’inkongi z’umuriro, akomeza avuga ko mu gihe havutse inkongi y’umuriro itunguranye nabo babasha  kuyizimya, byarenga ubushozi bwabo bakitabaza Polisi.

Yagiriye inama abandi bantu kujya basaba ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya inkongi z’umuriro n’ubutabazi rikabaha amahugurwa nk’aya abongerera ubumenyi mu guhangana n’inkongi z’umuriro.

Aya mahugurwa kuva Polisi yayatangira mu kwezi kwa mbere 2019 hamaze guhugurwa abantu 2484 mu gihugu hose kandi ibi bikorwa biracyakomeje aho bazagenda bahugura amakoperative n’amakompanyi atandukanye ndetse n’ibindi bigo.

Imibare igaragaza ko kuva mu kwezi kwa mbere kugera mu kwezi kwa karindwi uyu mwaka mu gihugu hose habaye inkongi z’umuriro 56 aho zahitanye abantu barindwi hagakomereka abantu babiri, inyinshi murizo zikaba zarabereye mu mujyi wa Kigali, mu gihe umwaka ushize kuva mu kwezi kwa mbere kugera mu kwezi kwa karindwi habaye inkongi z’umuriro 72.

Umuyobozi w’iri shami rishinzwe kurwanya inkongi z’umuriro n’ubutabazi yabwiye abaturage bakorera mu gakiriro ka Gisozi ko mu gihe bahuye n’inkongi y’umuriro bahamagara imirongo ya Polisi itishyuzwa ariyo 111, 112 cyangwa 0788311120.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga