• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
11/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
11/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
11/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Rubavu: Babiri bafatanwe udupfunyika 4000 tw’urumogi

Umwanditsi
September 3, 2019

Mu rwego rwo kurwanya abacuruza n’abakwirakwiza ibiyobyabwenge mu gihugu, ku itariki ya 1 Nzeri 2019, mu karere ka Rubavu mu murenge wa Rugerero, ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ryafatanye abagore babiri udupfunyika 4000 tw’urumogi.

Abafashwe ni Mukanyandwi Philomene ufite imyaka 21 y’amavuko na Uwamahoro Jeanne w’imyaka 26 y’amavuko.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Kayigi yavuze ko aba bagore bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Yagize ati “Abaturage bamaze gusobanukirwa ububi n’ingaruka ziterwa n’ibiyobyabwenge by’umwihariko urumogi batanze amakuru kuri Polisi ko babonye abantu bafite urumogi ruturutse muri Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo ndetse banacyeka aho baba barujyanye.”

Akomeza avuga ko ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge rikimara guhabwa ayo makuru ryakurikiranye abo bagore ribafatana urwo rumogi mu nzu bari bakodesheje ibihumbi 9000 yo kurushyiramo iherereye mu murenge wa Rugerero.

CIP Kayigi yabibukije ko ibiyobyabwenge bigira ingaruka mbi ku babicuruza, ababinywa ndetse no ku muryango nyarwanda muri rusange; bikanakurura ibindi byaha biteza umutekano muke birimo urugomo, amakimbirane mu miryango, gukubita no gukomeretsa, gufata ku ngufu n’ibindi. Niyo mpamvu kubirwanya bikwiye kuba ibya buri wese agira uruhare mu gutanga amakuru y’ababikoresha.

Yongeyeho ko Polisi y’u Rwanda itazacogora kurwanya abanywa, abacuruza n’abakwirakwiza ibiyobyabwenge mu baturage kuko ntaho igihugu cyaba kigana.

Yagize ati “Ntabwo igihugu gishobora gutera imbere mu gihe gifite bamwe mu baturage babaswe n’ibiyobyabwenge, niyo mpamvu Polisi yafashe iyambere mu kurwanya abantu bose bagira ururhare mu icuruzwa ryabyo.”

CIP Kayigi yibukije ko n’abandi bagifite umutima wo kwishora mu bikorwa bibi byo gucuruza ibiyobyabwenge bazafatwa kandi bazashyikirizwa ubutabera.

Yashimiye abaturage uruhare bagize kugira ngo aba bagore bafatwe, asaba abaturage gukomeza gutanga amakuru kandi ku gihe mu rwego rwo gukumira icyaha kitaraba.

Mukanyandwi na Uwamahoro bashyikirijwe urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) sitasiyo ya Rugerero kugira ngo hakorwe iperereza ku cyaha bakekwaho.

Mu ngingo ya 263 mu gitabo giteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, utunda, uhindura, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nkabyo mu buryo bunyuranyije n’amategeko aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni makumyabiri (20,000,000 rwf) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30,000,000 rwf) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye harimo n’urumogi.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga