• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Abapolisi 100 bakanguriwe kwimakaza ihame ry’uburinganire

Umwanditsi
September 10, 2019

Ibi babisabwe kuri uyu wa 9 Nzeri 2019, mu mahugurwa y’iminsi ibiri ari kubera ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku kacyiru, yahuje abapolisi bagera ku 100 bashinzwe Ihame ry’Uburinganire baturuka muri buri shami rya Polisi mu rwego rwo kubongerera ubumenyi n’ubushobozi mu kazi kabo ka buri munsi.

Ubwo yafunguraga aya mahugurwa, umuyobozi wa Polisi ushinzwe abakozi Assistant Commissioner of Police (ACP) Yahaya Kamunuga yavuze ko Polisi itegura amahugurwa nk’aya kugira ngo ifashe abapolisi mu kazi kabo ka buri munsi mu rwego rwo kunoza inshingano zabo.

Yagize ati “Akazi kugira ngo gakorwe neza bisaba ubushake no kumva ko ushoboye, aya mahugurwa aza ari ukungurana ibitekerezo, ukumva ko uri umupolisi mbere na mbere kandi ukumva ko ibyo umugabo ashoboye nawe ubushoboye.”

Yakomeje avuga ko imirimo ya Polisi ikorwa n’abapolisi bose hatabayemo kuvangura ngo uyu ni uw’umugabo, uyu ni uw’umugore.

Yagize ati“twese tugomba gukora kimwe, ibyo umugabo akora n’umugore arabikora kuko twese turashoboye. Rero niba twese dushoboye tugaragaze imikorere myiza kugira ngo twubake igihugu gitekanye.”

Yongeyeho ati “Mukwiye kwiyumvamo ko muri abapolisi kuruta kwiyumvamo ko muri abagore kandi mukiyumvamo ko mushoboye, niba ari akazi itange ugakore neza nk’uko undi wese yagakora, ntibikwiye ko uvuga ngo sinagashobora kuko ndi umugore  ahubwo shyiramo imbaraga ugakore buri wese akubonemo ubushobozi.”

Yasoje ababwira ko ntacyo babuze kugira ngo buzuze inshingabo zabo neza, abasaba kumva ko bashoboye, bakumva neza inshingano za Polisi y’u Rwanda maze bagakora akazi kabo kinyamwuga hatabayemo kumva ko hari ibyo umuntu ashoboye n’ibyo adashoboye kuko twese turi abapolisi kandi dukora akazi kamwe.

Senior Superintendent of Police (SSP) Gorette Mwenzangu uyobora agashami gashinzwe uburinganire n’ubwuzuzanye muri Polisi y’u Rwanda yavuze ko aya mahugurwa yongerera ubumenyi n’ubushobozi abapolisi bakabasha gukora akazi bashinzwe kinyamwuga.

Yagize ati “Nk’abapolisi nshinzwe kureberera ni ngombwa ko hari byinshi bamenya byabafasha mu kazi kabo kaburi munsi, bakumva ko bashoboye ikintu cyose bagikora, akaba ariyo mpamvu tubaha aya mahugurwa.”

Yakomeje avuga ko aya mahugurwa kandi agamije kwigira ku bandi bayobozi bakuru ba Polisi kubyiza bagezeho maze nabo bagafata ingamba mu gukora akazi kabo neza bagendeye ku bababanjirije, akavuga ko kandi aya mahugurwa azakomeza akagera kuri buri mu Polisi wese.

Umwe mubitabiriye aya mahugurwa Assistant Inspector of Police (AIP) Theophile Butare yavuze ko nk’umupolisi ushinzwe Ihame ry’Uburinganire mu karere ka Ruhango aya mahugurwa azamufasha mu kunoza neza akazi ke ka buri munsi.

Avuga kandi ko, aya mahugurwa azahindura imyumvire y ‘abapolisi bamwe n’abamwe bumvaga ko hari imirimo yagenewe igitsina runaka.

Aya mahugurwa ari guhabwa abapolisi bashinzwe Ihame ry’Uburinganire muri buri shami rya Polisi azamara iminsi ibiri, yibanda mu kubakangurira kumva ko bashoboye mu rwego rwo kugira ngo bakore akazi kabo kinyamwuga.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga