• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Gicumbi/Miyove: Amayobera ku mukecuru ufite ubumuga utazi aho inkunga ye y’ingoboka ijya

Umwanditsi
October 2, 2019

Mukamasera Agnes w’imyaka 84 y’amavuko, atuye ahitwa Kagote mu kagari ka Mubuga ho mu Murenge wa Miyove, akagira ubumuga butandukanye. Avuga ko atazi irengero ry’inkunga yahawe kabiri gusa. Asaba ubuyobozi kongera ku mwibuka cyangwa bakamubwira icyo yazize.

Mukamasera, abarizwa mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe akagira n’ubumuga butandukanye burimo n’izabukuru. Abayeho mu buzima butari bwiza kuko n’uwakagombye kumufasha nk’umugabo we nawe atishoboye bose bashaje kandi bafite ubumuga.

Aganira n’umunyamakuru w’intyoza.com yavuze ko aterwa akababaro n’ubuzima abayeho butamwemerera kugira icyo yimarira ariko kandi akanashengurwa n’uko inkunga yari yagenewe na Perezida Kagame yayobewe irengero ryayo. Nta muntu wo kumwitaho agira uretse akuzukuru ke k’imyaka 10 avuga ko babana.

Ikarita ya Mukamasera igaragaza icyiciro cy’ubumuga afite n’uburemere bwabo. Gusa imyaka yanditswe nabi ntabwo ihura n’ibiri mu indangamuntu.

Ati “Natorewe mu nteko z’abaturage bananshyira mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe ndetse nshyirwa k’urutonde rw’abagenerwa inkunga y’ingoboka ihabwa abasaza n’abakencuru batishoboye, ariko kandi by’umwihariko nkaba mfite n’ubumuga. Iyo nkunga nayifashe kabiri ubundi nyoberwa irengero. Niba za niba naranyazwe n’uwangabiye kuko ntabwiwe impamvu ntakiyibona, mpora mbaza ariko bakanshushubikanya ngo ni ngende, ngahora ntyo nta gisubizo”.

Agira kandi ati “Ko Perezida atavuze ngo abo bakecuru mbakuyeho, cyangwa ngo avuge ngo iyo nkunga nabahaga ihagarare, ko abaturage batankuye ku bagomba gufashwa none ubuzima bukaba bukomeza kuncika, ayo mafaranga twiherewe n’umukuru w’Igihugu abayobozi bayashyira he”?.

Mwanafunzi Deogratias, Umunyamabanga Nshingabikorwa w’Umurenge wa Miyove, ku kibazo cy’uyu mukecuru yavuze ko yashyizwe ku rutonde rw’abagomba kuzahabwa iyi nkunga nubwo umukecuru we avuga ko atabizi ndetse na bamwe mu baturanyi n’abaturabe bamuzi bakaba barabwiye intyoza.com ko batazi icyo uyu mukecuru azira.

Mukamasera akikijwe n’abakecuru bagenzi be.

Gitifu Mwanafunzi, avuga ko mu murenge ayoboye afite abaturage bagera kuri 240 bahabwa inkunga y’ingoboka. Kuba hari bamwe mu bakuze badahabwa iyi nkunga ngo bituruka ku kuba hari ibyo baba batujuje mu mabwiriza agenderwaho.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga