• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Umuhanzi Harmonize ashyigikiwe na Perezida Magufuli ku kwiyamamariza kuba Depite

Umwanditsi
October 17, 2019

Perezida John Pombe Magufuli wa Tanzania, yatangaje ko ashyigikiye umuhanzi Rajab Abdul Kahali uzwi cyane nka Harmonize ko aziyamamariza kuba intumwa ya rubanda mu nteko ishinga amategeko ya Tanzania umwaka utaha.  

Umuhanzi Harmonize, azwi mu ndirmbo zitandukanye zisusurutsa rubanda ndetse zikundwa na benshi mu Batanzaniya no hanze yayo.

Ni umuhanzi utarigeze wikomwa n’ubutegetsi bwa Tanzania ku bihangano bye ugereranije na bagenzi be barimo nka Diamond na Rayvanny aho aba bagiye bashinjwa kuririmba indirimbo zirimo amagambo n’amashusho y’urukozasoni kugeza n’aho bimwe mu bihangano byabo bishyirwa mu kato bakabuzwa kubiririmba mu ruhame.

Ikinyamakuru Mwananchi, kivuga ko Perezida John Pombe Magufuli yatangaje ko yiteguye gushyigikira ukwiyamamaza k’uyu muhanzi Harmonize ubwo yataramiraga abaturage yari yasuye.

Photo/internet

 

Umuhanzi Harmonize, akunzwe bigaragara na Perezida Magufuli ariko kandi bifite imvano kuko usanga mu bihangano bye ashyigikira cyane ubutegetsi bwa Perezida Magufuli, ibikorwa n’iterambere ageza ku Banyatanzaniya. Nta gihe kinini gishize kandi uyu muhanzi aririmbiye perezida Magufuli indirimbo igaragaza ibigwi bye mu bikorwa bitandukanye amaze kugeza ku baturage ba Tanzania, ko akora cyane kandi amaze gukomeza iterambere ry’iki Gihugu.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga