• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Kamonyi: Umurambo w’umuntu ubonywe ku muhanda wa Kaburimbo

Umwanditsi
October 24, 2019

Umurambo w’umuntu w’umugabo ugaragara nk’uri mu myaka hagati ya 19-21 kuri uyu wa Kane Tariki 24 Ukwakira 2019 ahagana ku I saa tatu zirengaho iminota mike wasanzwe ku muganda wa kaburimbo uvuye gato ahitwa Mugomero ku gasoko.

Ni umurambo w’umugabo wari uryamye mu muhanda wa kaburimbo mu gice cy’iburyo werekeza mu isantere ya Nkoto urenze gato ahazwi nko ku gasoko ka Mugomero aho abantu bakunze gutegera imodoka hazwi nko ku gashyamba.

Uyu Nyakwigendera, yari yambaye ipantaro y’ikoboyi y’ubururu n’agashati k’ubururu, afite umusatsi muke ku mutwe, nta nkweto yari yambaye. Byagaragaraga ko yavuye amaraso menshi kuko yatembye mu muhanda.

Biragoye kumenya niba nyakwigendera yaba yishwe akazanwa ari umurambo akahajugunywa, biranagoye kandi kwemeza ikindi kintu yaba yazize. Gusa ahagana ku jisho dore ko yari aryamishije umusaya umwe w’ibumoso byagaragaraga ko hari ikintu bamujombye, ndetse no ku kabuno inyuma ku ipantaro hari hacitse, agaragarwaho n’itaka ariko bidakabije.

Ubwo umunyamakuru w’intyoza.com yageraga aho uyu murambo wari uri, ahagana ku i saa tatu n’iminota mirongo itatu n’itanu z’ijoro, hari Polisi yonyine nayo ku makuru yamenywe n’umunyamakuru ni uko yari imaze guhuruzwa n’abari banonye uyu murambo mu muhanda. aba nabo bibazaga imvano y’urupfu rw’uyu muntu bikabashobera.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga