• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/12/25
Umuyobozi wa Polisi, IGP, CG Felix Namuhoranye ntiyumva uburyo Akarere gatwara imodoka yahembwe Umurenge
18/12/25
Kamonyi: Uburenganzira bw’Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee
18/12/25
Igishoro cy’Ibihumbi 450 cyahesheje Umunyamahirwe wa FORTEBET gutsindira hafi Miliyoni 2,5 y’u Rwanda
18/12/25
Kamonyi-Rugalika: Abadepite basabye Akarere kugira nibura Site imwe y’Imiturire y’icyitegererezo

Abavuga ngo aka kayoga ni umuco wacu mwibuke ko imodoka itari umuco wacu-Min Busingye

Umwanditsi
October 25, 2019

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta kuri uyu wa 24 Ukwakira 2019 mu kiganiro gitegurwa na Polisi kikayihuza n’itangazamakuru, yasabye ko abantu bacika ku gutwara ibinyabiziga basomye ku nzoga. Asaba abibwira ko inzoga yari mu muco w’abanyarwanda kuzibukira kuko ngo imodoka yo itari mu muco, ko kunywa ugatwara bibujije.

Minisitiri Jonhston Busingye, asaba abantu kumva ko icyigamijwe ari uko umuntu wanyoye ku nzoga yumva ko adakwiye gutwara ikinyabiziga. Ko abakibwira ko inzoga yari mu muco bakwiye kwibuka ko imodoka yo itari muri uwo muco, ko icyo gihe bayinywaga badatwara ahubwo kenshi bahekwa, bagasindagizwa cyangwa se yakuganza ukarara aho yagufatiye n’ahandi.

Ati“ Abavuga ngo aka kayoga ni umuco wacu, twibuke ko imodoka itari mu muco wacu”. Akomeza asaba ko ingufu zishyirwa mu kwirinda ari nayo nzira nziza, ko iyo wirinze uba ukiriho.

Mu gihe bamwe mu batwara ibinyabiziga bavuga ko igipimo ntarengwa ku muntu wanyoye inzoga cyava kuri 0,8, siko Minisitiri Busingye abibona kuko aho kuzamuka ahubwo ngo mu minsi iri imbere kizashyirwa kuri 0,4.

Asaba ko umuntu wese utwaye ikinyabiziga akwiye guharanira kurinda no gukumira impanuka zibera mu muhanda by’umwihariko hirindwa kunywa ugatwara wasinze. Asaba kandi ko buri wese utwara ikinyabiziga yumva ko umutekano wo mu muhanda uba amahitamo ye atari ukubikora kubw’amategeko cyangwa kwikanga Polisi. Yibukije ko ahantu hatari umutekano wo mu muhanda hatinywa.

Minisitiri Busingye, asaba abagenzi kandi kugira uruhare mu gukumira no kwirinda impanuka zo mu muhanda, by’umwihariko bagira uruhare mu gutanga amakuru kubashoferi barenga ku mategeko, bakumva ko nta mushoferi ukwiye kugena uko abo atwaye bari bubeho cyangwa batabaho mu rugendo, ko bose bakwiye guharanira kugera iyo bagiye amahoro, birinda icyateza impanuka cyose mu muhanda.

Polisi y’u Rwanda, itangaza ko mu mezi icyenda ashize ( kuva muri Mutarama kugeza muri Nzeri) ariko kandi no mu byumweru umunani bitambutse impanuka zo mu muhanda zaguyemo abantu 532, aho 705 bazikomerekeyemo bikomeye, abasaga 1000 bakomereka byoroheje, ibikorwa cyangwa imitungo isaga 1200 byarangijwe, Abashoferi 652 bafashwe banyoye bikabije naho 588 bafatwa bakekwaho gucomora no kwangiza utugabanyamuvuduko.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5929 Posts

Politiki

4178 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1041 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga