• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/09/25
Kamonyi: Gahunda y’Intore mu biruhuko yarinze abana Ubuzererezi, Ihohoterwa…-Visi Meya Uwiringira
01/09/25
Kamonyi: Perezida Kagame ntabwo yahaye Umugore ijambo gusa yanarihaye Abagabo kuko ntaryo twagiraga-Visi Meya Uzziel
01/09/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye
01/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Witegereza ko umuntu akora icyaha, kumira ko kiba utanga amakuru-SP Marie Goretti Uwanyirigira

Emmanuel Rekeraho ari mu maboko y’ubugenzacyaha- RIB

Umwanditsi
November 1, 2019

Rekeraho Emmanuel nyirikigo kizwi nka Eden Business center Ltd amaze iminsi ibiri ari mu maboko y’urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB aho akekwaho ibyaha bifitanye isano n’ibiyobyabwenge.

Amakuru mpamo agera ku intyoza.com ni ay’uko umugabo witwa Rekeraho Emmanuel uzwi cyane mu bitangazamakuru yamamaza ibikorwa bye bitandukanye, kuva kuri uyu wa Gatatu Tariki 30 Ukwakira 2019 yafashwe agashyikirizwa RIB.

Umuvugizi wa RIB, Marie Michelle Umuhoza yahamirije intyoza.com ko amakuru yo kuba Rekeraho Emmanuel ari mu maboko y’uyu rwego ari impamo, ko akekwaho ibyaha bifiyanye isano n’ibiyobyabwenge. Ati ” Emmanuel Rekeraho yaahyikirijwe urwego rw’Ubugenzacyaha, arakekwaho gukora ibikorwa bigendanye n’ibiyobyabwenge ari nabyo afungiwe i Kamonyi”.

Umuhoza, avuga ko ibyo gushyikiriza Rekeraho Emmanuel ubushinjacyaha bizaterwa n’ibizava mu iperereza kuko rigikomeje kumukorwaho.

Mbere y’ifatwa n’ifungwa rya Rekeraho Emmanuel, mu masaha y’amanywa y’umunsi yafatiweho, aho ikigo cya Eden Business Center gikorera ku Ruyenzi hageze itsinda ryinjiye mu nyubako. Ubwo umunyamakuru w’intyoza.com yahanyuraga ndetse akinjira, hari bamwe mu bakozi bari bafashwe bambitswe amapingu. Nta byinshi abari muri iri tsinda batangarije umunyamakuru ku bw’iki gikorwa ryarimo kuko bavuze ko ntacyo bavuga mu gihe igikorwa barimo kitararangira, ko kandi kiri gukorwa mu gihugu hose.

Rekeraho Emmanuel.

Ikigo cya Eden business center giherereye mu kagari ka Ruyenzi mu murenge wa Runda ho mu karere ka Kamonyi. Ni ikigo gikorerwamo ibintu byinshi bitandukanye byaba ibijyanye n’ubuhinzi , ubworozi , kwigisha abantu kwihangira imirimo, imiti n’amavuta bitandukanye…

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5853 Posts

Politiki

4104 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

82 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga