• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Musanze: Abapolisi basoje amasomo abategurira kujya mu butumwa bw’amahoro

Umwanditsi
November 9, 2019

Abapolisi b’u Rwanda 25 bitegura kujya mu butumwa bwihariye bw’umuryango w’abibumbye, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 08 Ugushyingo 2019 basoje amahugurwa yaberaga mu kigo cy’amahugurwa cya gisirikare giherereye i Nyakinama mu karere ka Musanze. Ni amahugurwa yatangiye tariki ya 21 Ukwakira 2019.  

Aya mahugurwa yateguwe n’ikigo cy’amahugurwa cya Gisirikare “Rwanda Peace Academy (RPA)” k’ubufatanye n’ikigo cy’umuryango w’abibumbye gishinzwe amahugurwa n’ubushakashatsi(UNITAR).

Aya masomo yari agamije gutegura abapolisi mu buryo bwo kubongerera ubumenyi n’ubushobozi bihagije bizabafasha igihe bazaba boherejwe mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye.

Mu ijambo rya Maj. Marcel Mbabazi asoza ku mugaragaro aya mahugurwa yavuze ko aya masomo yari agamije gutegura neza abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye ndetse n’umuryango w’ubumwe bw’Africa, aho bazaba bagiye mu nshingano zo kubungabunga amahoro.

Yagize ati: “Aya masomo yari agamije kubongerera ubumenyi n’ubushobozi kandi yanabongereye ubushobozi bwo gutegura no gutanga umusanzu wo kugenzura no gufasha abapolisi bo mu bihugu bazaba boherejwemo. Mfite icyizere ko ubumenyi mukuye hano buzabashoboza gushyira mu bikorwa inshingano muzaba murimo aho muzoherezwa hose”.

Maj. Mbabazi yashimiye ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda ku mbaraga bakoresha mu guhugura abapolisi anashima ikinyabupfura cyaranze abapolisi bitabiriye aya masomo yasojwe, anabasaba kuzakoresha neza ubumenyi bahawe.

Chief Inspector of Police (CIP) Maurice Kayigana wavuze mu izina rya bagenzi be bahuguwe yashimiye ubuyobozi bw’ikigo RPA ku masomo y’ingirakamaro babahaye.

Yagize ati: “Mu gihe cy’ibyumweri bitatu twari tumaze hano twishimiye amasomo twahawe y’uburyo abakozi b’umuryango w’abibumbye bagomba gukora. Aya masomo ni ingenzi kandi azadufasha kuzuza neza inshingano zacu za buri munsi”.

Inspector of Police (IP) Nsengiyumva Fred, umwe mubahuguwe yavuze ko yashoboye kumenya umuryango w’abibumbye icyo aricyo, amahame yawo, indangagaciro zawo n’uko umuryango w’abibimbye ukora muri rusange.

Yagize ati: “Twize ibintu bishya byinshi, uko umuryango w’abibumbye ukora, twize gukora kinyamwuga, muri rusange amasomo dukuye hano ntabwo azadufasha gusa mu butumwa bw’unuryango w’abibumbye ahubwo azanadufasha mu kazi kacu ka buri munsi hano mu gihugu”.

Inspector of Police (IP) Murerwa Marie Chantal nawe wari mubahuguwe yavuze ko yize uko yakwitwara igihe azaba ari mu bihugu bifite umuco utandukanye n’uwo mu gihugu cye n’uko yafasha abantu bafite ibibazo bitandukanye. IP Murerwa avuga ko yarushijeho kwihugura ku bijyanye n’ubwirinzi, gutwara ibinyabiziga, gukemura amakimbirane ndetse n’ubujyanama.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga