• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Ububiligi: Umunyarwanda mubakoze ibitero by’iterabwoba byahitanye abantu

Umwanditsi
April 10, 2016

Umunyarwanda Herve BM, arakekwa kuba mu gatsiko k’ibyihebe byagabye ibitero mu gihugu cy’Ububiligi bigahitana abantu abandi bagakomereka.

Umushinjacyaha w’Umubiligi avuga ko umugabo wafashwe  kuri uyu wa Gatanu ushize yemeye ko ari we mugabo wari wambaye ingofero wagaragaye ari kumwe n’abagabye ibitero bya bombe ku Kibuga cy’Indege cya Buruseli mu Bubiligi.

Biravugwa ko uyu mugabo witwa Mohamed Abrini, yabwiye abashinzwe iperereza ko yari ku kibuga cy’indege kuwa 22 Werurwe ubwo ibi bitero by’ubwiyahuzi byagabwaga.

Uyu Abrini akaba asanzwe anashakishwa akekwaho kugira aho ahurira n’ibitero by’i Paris byahitanye ubuzima bw’abantu 130 mu Ugushyingo.

Abrini, Ni umwe mu bantu batandatu bafatiwe i Buruseli, nkuko amakuru dukesha BBC abivuga, muri batandatu bafashwe, babiri muribo bararekuwe, hanyuma abagikurikiranyweho uruhare mu bikorwa by’iterabwoba barimo Osama K, Herve BM, na Bilal EM.

Muri aba, uyu Herve BM, bivugwa ko ari Umunyarwanda ndetse na Bilal EM bombi bakekwaho kuba barafashije Abrini ndetse na Osama K.

Abayobozi b’u Bubiligi bizera ko abagize uruhare mu bitero by’i Buruseli ndetse n’i Paris bari mu gatsiko kamwe ko mu mutwe wa Islamic State.

Ibikumwe bya Abrini na DNA byasanzwe mu nzu 2 yihishemo ziri i Buruseli ndetse no mu modoka yakoreshejwe mu bitero by’i Paris nk’uko abashinzwe iperereza bakomeza bavuga.

Kuri uyu wa gatandatu, bivugwa ko abapolisi bafite ibitwaro bikomeye bakomeje gushakisha abandi bantu bose baba baragize uruhare mu bitero by’iterabwoba byashegeshe ububirigi ariko hibanzwe cyane mugace kitwa Etterbeek ahari inyubako bikekwa ko abagabye ibitero ariyo bakoreshaga.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga