• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
02/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
02/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
02/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
02/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside

Ngoma: Ukekwaho gukora magendu yafatanwe ibiro 100 by’ifumbire yagenewe abahinzi

Umwanditsi
December 17, 2019

Polisi ikorera mu karere ka Ngoma mu murenge wa Remera, mu gitondo cyo kuri uyu wa 15 Ukuboza 2019 ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano bafashe umugabo witwa Twizeyimana Theoneste w’imyaka 40 ari kuri moto ifite icyapa RC 169 P itwaye ifumbire nyongeramusaruro ibiro 100 ayikuye mu karere ka Kayonza ayijyanye mu karere ka Ngoma.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana avuga ko uyu mugabo yafashwe ubwo Polisi yari iri mu mukwabu ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano wo gusaka abakora bakanacuruza inzoga zitemewe.

Yagize ati: “Polisi ikorera mu murenge wa Remera ubwo yari iri muri iki gikorwa cyo gusaka izi nzoga zitemewe, nibwo mu masaha ya saa tatu z’igitondo babonye iyo moto ihanyuze ipakiye ibintu barayihagarika basanga ipakiye iyo fumbire babajije uwari uyitwaye aho akuye iyo fumbire n’aho ayijyanye abura ubusobanuro niko guhita bamufata”.

Twizeyimana Theoneste yahise ashyikirizwa ubuyobozi ngo akurikiranwe, yavuze ko iyi fumbire yayikuye mu karere ka Kayonza ari naho atuye akaba ngo yari ayishyiriye abahinzi bahinga amatunda muri ako karere ariko ntagaragaza abo yayiguze nabo cyangwa abayimuhaye.

CIP Twizeyimana avuga ko iyi fumbire abaturage baba bayihawe na leta ngo ibafashe kongera umusaruro w’ubuhinzi bwabo batemerewe kuba bayigurisha kimwe n’uko nta mucuruzi wemerewe kuyicuruza atabifitiye uburenganzira.

Yagize ati: “Iriya  fumbire leta iyiha abahinzi kugira ngo ibafashe kongera umusaruro w’ubuhinzi bwabo, umuturage ufashwe ayigurisha arahanwa, noneho byagera ku wagiye ayigura akayipakira akazayigurisha mu buryo bwa magendu arabihanirwa nk’abandi bose  bacuruza ibicuruzwa bya magendu byinjiye mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Niyo mpamvu habaho ba rwiyemezamirimo bayirangura bazwi na leta bakayizana hafi y’abaturage ariko nabo bakagira amabwiriza yo kutarenza igiciro leta iba yarashyizeho”.

Yagiriye inama abagenerwa iyi fumbire, abacuruzi kimwe n’undi wese wifuza inyungu z’umurengera agacuruza iyi fumbire kubireka kuko nta cyiza cyabyo iyo abifatanwe bimugusha mu gihombo.

CIP Twizeyimana asaba buri wese kurwanya ubucuruzi bwa magendu kuko bugira ingaruka ku bukungu bw’igihugu n’ iterambere ryacyo kuko imisoro iba inyerejwe ariyo igihugu gikoresha mu guteza imbere abaturage binyuze mu kubaka ibikorwa remezo.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5824 Posts

Politiki

4075 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga