• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
16/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
16/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
16/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Abapolisi b’u Rwanda na Sudani y’Epfo bari mu mahugurwa ku mutekano wo ku bibuga by’indege

Umwanditsi
January 14, 2020

Abapolisi b’u Rwanda n’abaturutse mu gihugu cya Sudani y’Epfo bateraniye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru aho bari mu mahugurwa ajyanye n’umutekano wo ku bibuga by’indege. Ni amahugurwa yatangiye kuri uyu wa mbere tariki ya 13 Mutarama 2020 yitabirwa n’abapolisi 40, ni icyiciro cya kabiri kuko aya mbere nayo yari yabereye hano mu Rwanda mu kwezi kw’ugushyingo 2019.

Ubwo yatangizaga ku mugaragaro aya mahugurwa azamara ibyumweru bitatu (3), Commissioner of Police (CP) Robert Niyonshuti umuyobozi w’ishami rishinzwe amahugurwa muri Polisi y’u Rwanda yagaragaje ko umutekano wo ku bibuga by’indege ari ingenzi kuko ari inkingi ya mwamba mu bukungu bw’ibihugu binyuze mu bucuruzi ndetse n’ubukerarugendo.

Yagize ati: “Indege ni kimwe mu bintu byoroshya ubwikorezi ku isi yose bigatuma ubucuruzi bugenda neza ku isi. Bituma ubukungu bw’ibihugu butera imbere, bitanga imirimo, bikanoroshya ubucuruzi mpuzamahanga, ubukerarugendo ndetse n’urujya n’uruza rw’abantu”.

CP Niyonshuti yibukije abitabiriye amahugurwa ko n’ubwo ingendo zo mu kirere arizo zoroshya ibikorwa bitandukanye bijyanye n’ubukungu bw’ibihugu n’urujya n’uruza rw’abantu, ibyihebe n’abandi banyabyaha nabo baba bari hafi bagambirira guhungabanya umutekano ku bibuga by’indege. Ariyo mpamvu ibihugu bigomba guhora bitegura abantu bashobora kuhacungira umutekano.

Yagize ati: “Ibyihebe n’abandi banyababyaha bahora bacura imigambi yo guhungabanya umutekano harimo no ku bibuga by’indege, bakora amahugurwa. Niyo mpamvu natwe duhora duhugura abapolisi bashobora guhangana n’abo banyabyaha, ndizera ko aya mahugurwa mwitabiriye muzayakuramo ubumenyi buzabafasha gucunga umutekano wo ku bibuga by’indege”.

Yavuze ko aya mahugurwa aziye igihe kuko ibihugu byombi u Rwanda na Sudani y’Epfo birimo gutera imbere mu ngendo zo mu kirere. Yasoje ashimira imikoranire myiza iri hagati y’ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda ndetse n’abayobozi ba Polisi yo mu gihugu cya Sudani y’Epfo.

Si ubwa mbere Polisi y’u Rwanda ihugura abapolisi bo mu gihugu cya Sudani y’Epfo kuko abapolisi b’iki gihugu bakunze kuza guhugurirwa hano mu Rwanda cyane cyane mu masomo ahabwa aba-Ofisiye bakuru n’aba-Ofisiye bato. Mu mwaka wa 2016 hari abapolisi bo muri iki gihugu cya Sudani y’Epfo bitabiriye amasomo y’abapolisi bitegura kuba abofiye bato (Officer Cadets) yabereye mu ishuri rya Polisi Gishari (PTS-Gishari) riherereye mu karere ka Rwamgana.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga