• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/08/25
Kamonyi-Nyarubaka: Umusore wari Papa akaba na Mama w’Abavandimwe be yishwe atewe icyuma
19/08/25
Ireme ry’Uburezi si ikintu tubyuka mu gitondo ngo tuvuge ngo twarigezeho, ni urugendo-Dr. Flora Mutezigaju/REB
19/08/25
Kamonyi-GIMI Ltd: Bishimiye ibyo bagezeho bagaragaza uruhare bafite mu iterambere ry’Umuturage
19/08/25
Kamonyi-Rugalika: Abasoje amasomo muri Gifts Rwanda bahawe igishoro kibafasha kwihangira umurimo

Abantu batanu batawe muri yombi bakekwaho gukwirakwiza ibiyobyabwenge

Umwanditsi
January 18, 2020

Polisi y’u Rwanda ikomeje ibikorwa byo kurwanya abakoresha bakanakwirakwiza ibiyobyabwenge mu gihugu. Ni muri urwo rwego mu bihe bitandukanye ndetse n’ahantu hatandukanye, kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Mutarama 2020 Polisi y’u Rwanda yafashe abantu batanu(5) bacuruzaga bakanakwirakwiza ibiyobyabwenge. Ibi bikorwa byabereye mu turere twa Nyamagabe, Ruhango na Gasabo.

Nsanzimana Nuru ufite imyaka 39 na Muhire Daniel w’imyaka 42 bafatiwe mu karere ka Nyamagabe mu mirenge ya Kitabi na Tare. Uyu Nsanzimana Nuru akaba akurikiranweho kuba ariwe wari umucuruzi warwo (urumogi) ukomeye.

Mu karere ka Ruhango hafatiwe Niyonteze Janvière ufite imyaka 57 uyu akaba akurikiranweho gukora ikiyobyabwenge cya Kanyanga ndetse no gucuruza izindi nzoga zitemewe, yafatanwe litiro 30 za Kanyanga n’ibikoresho yifashishaga ayiteka.

Mu karere ka Gasabo Polisi yahafatiye uwitwa Nyiraminani Spesiose ufite imyaka 36 na Bucyibaruta Emile ufite imyaka 33, bafatiwe mu murenge wa Gisozi, bafatanwa udupfunyika 308 tw’urumogi. Aba bahise bashyikirizwa urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha RIB kugira ngo bakorerwe idosiye.

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP) Marie-Gorette Umutesi avuga ko aba babiri bafatiwe mu karere ka Gasabo, bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Yagize ati: “Uruhare rw’abaturage mu kurwanya ibyaha batangira amakuru ku gihe rurimo kwigaragaza. Bariya bantu bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bari basanzwe bazi ibikorwa byabo bibi byo gucuruza ibiyobyabwenge”.

Yakomeje ashimira abaturage uruhare rwabo mu kurwanya ibyaha, abasaba gukomeza gutanga amakuru kandi bakayatangira ku gihe. Yasabye abagifite ingeso mbi yo gukoresha ibiyobyabwenge no kubikwirakwiza mu baturage kubicikaho kuko ntacyo bizabagezaho cyiza usibye gufatwa bagafungwa.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye harimo n’urumogi.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5846 Posts

Politiki

4097 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1004 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga