• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
12/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
12/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
12/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
12/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Huye: Umusore yavuye i Kigali ajya iwabo, bamusanga amanitse mu kiziriko yapfuye 

Umwanditsi
March 3, 2020

Kuri uyu wa 03 Werurwe 2020 mu masaha y’umugoroba, Umusore witwa Ndamage Jules w’imyaka 25 y’amavuko, ukomoka mu Mudugudu wa Muremera, Akagali ka Kiruhura, Umurenge wa Rusatira ho mu karere ka Huye, yasanzwe mu kiziriko ari umupfu.

Uyu musore, yigaga ibijyanye n’ubukanishi bw’imodoka mu mujyi wa Kigali. Papa we umubyara witwa Bugingo Viateur yatangarije intyoza.com ko ubusanzwe ntacyo yapfaga n’umwana we, ko urupfu rwe rwamutunguye.

Ati” Nanjye ntabwo nari nahiriwe gusa ndatashye nsanga yiyahuye ari mu kiziriko mu ruganiriro(Saloon)”.

Uyu Papa wa nyakwigendera, akomeza avuga ko ubusanzwe ntacyo yapfaga n’umwana we. Gusa, akongeraho ko abantu bagendana ibibazo bityo kuvuga icyateye kwiyahura bitoroshye.

Amakuru y’urupfu rw’uyu musore, yemejwe n’umuvugizi wa Police y’u Rwanda mu ntara y’Amajyepfo CIP Twajamahoro Sylvestre aho yagize ati” Nibyo koko uyu musore Ndamage yiyahuye yaramaze iminsi i Kigali, avayo aza iwabo I Huye bitewe ni uko inzu yabagamo babirukaniye amafaranga”.

Umuvugizi wa Police kandi akomeza avuga ko amakuru yamenyekanye atanzwe na murumuna we badasangiye Nyina aho yaravuye kwiga akamusanga mu ruganiriro amanitse mu mugozi yapfuye.

Nyakwigendera Ndamage Jules, mbere yo kujya kwiga umwuga w’ubukanishi bw’imodoka yabanje gukora umwuga wo kogosha aho yakoreraga mu kagali ka Rwesero mu murenge wa Busasamana ho mu karere ka Nyanza mu isantere y’ubucuruzi izwi nko ku Rupango.

Umurambo wanyakwigendera wahise ujyanwa mu bitaro bya kaminuza nkuru y’u Rwanda bya Butare-CHUB, kugirango ukorerwe isuzumwa hamenyekane imvo n’imvano y’urupfu rwe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga